Umuyobozi w’Ingabo z’u Bufaransa ziba muri Gabon, Gen. Jean Pierre Perrin yagaragaje ko ibihe Repubulika ya Centrafrica irimo ubu, bidakomeye nk’ibya mbere ku buryo yakenera imbaraga zabo nyinshi mu kurwanya imitwe yitwaje intwaro.
Gen Perrin yabitangaje ubwo yasuraga Centrafrica ku wa Gatanu, tariki ya 15 Mutarama 2021, nk’uko Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza (Reuters) bibivuga.
Ati: “Ntabwo turi mu bihe nk’ibyo mu 2013. Hari abantu 11,000 ba MINUSCA ndetse n’ingabo za Centrafrica, bityo rero ntabwo bimeze kimwe.”
Mu 2013, ni bwo umutwe witwaje intwaro ugendera ku matwara ya Isilamu wagabaga ibitero bitandukanye mu gihugu, uhangana cyane na Anti-Balaka w’abakirisitu.
Imitwe ikomeje guhungabanya umutekano wa Centafrica ihuriye mu ihuriro rya CPC, yose ikaba ishyigikiwe na François Bozizé wayoboye iki gihugu kuva mu 2003 kugeza mu 2013.
Gen. Perrin yavuze ko umugambi wa Bozizé nta hazaza ufite, mu kugaragaza ko uyu wahoze ari Umukuru w’Igihugu adateye impungenge cyane.
Reuters ivuga ko ubwo umutekano wari muke mu 2013, mu Kuboza, u Bufaransa bwatangiye kohereza ingabo muri Centrafrica, aho kugeza mu 2016 bwari bufiteyo izigera ku 2000.
Ubu bufite abasirikare bagera kuri 300 bakorera imyitozo muri Centrafrica, baba biteguye gutabara aho rukomeye. Ubwo ihuriro CPC ryagabaga igitero mu nkengero z’umurwa mukuru, Bangui, izi ngabo ngo zaba zarazengurukije indege zazo uyu mujyi mu buryo bwo guha gasopo iri huriro.
Gen. Perrin wanasuye Gen. Oleg Polguev uyoboye ingabo z’u Burusiya ziri muri Centrafrica, yamubwiye ko bakomeza gutahiriza umugozi umwe (kubungabunga umutekano), cyane ko intego yabo ari umwe.
Ifoto: Gen. Jea Pierre Perrin (iburyo) na Minisitiri w’Ingabo wa Centrafrica, Marie Noelle Koyara mu 2020


