U Bufaransa bwohereje mu rukiko mpuzamahanga undi wahoze akuriye Anti-Balaka

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’umutwe wa Anti-Balaka ndetse akaba ari nawe wari ukuriye Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Centrafrica, Patrice-Edouard Ngaà¯ssona, wafatiwe mu Bufaransa mu gihe kirenga gato ukwezi gishize, kuri uyu wa gatatu, itariki 23 Mutarama yohererejwe Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (CPI) rumukurikiranyeho ibyaha byibasiye inyokomuntu n’ibyaha by’intambara.

Patrice-Edouard Ngaà¯ssona wafatiwe mu Bufaransa hagati mu Ukuboza umwaka ushize, yakoze ibishoboka ngo atoherezwa mu Rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha ariko biranga. Nyuma yo guca mu nzira zose imbere yy’urukiko rwo mu Bufaransa ngo atoherezwa, mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu nibwo yoherejwe I La haye, mu Buholandi ku cyicaro cya CPI nk’uko byemezwa n’uru rukiko ndetse n’umwe mu bunganizi be, Me Lin Banoukepa.

Ku myaka 51 y’amavuko Patrice-Edouard Ngaà¯ssona  akaba agiye guhangana n’ahahise he nk’umuyobozi w’umutwe witwara gisikare wiganjemo Abakirisitu, akazi gatandukanye na kure n’urukundo yari afitiye umupira w’amaguru wa Centrafrica.

Uyu wari umucuruzi wahoze akuriye umutwe wa Anti-Balaka, akaza  kwinjira muri politiki, yabaye minisitiri wa siporo mu 2013, kuri ubu akaba yari umudepite ndetse akuriye umupira w’amaguru mu gihugu cye, yanatowe muri komite y’impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru muri Afurika, hari hagiye gushira umwaka.

Itorwa rye naryo rikaba ritaravuzweho rumwe kubera gukekwaho ibyaha byibasiye inyokomuntu mu 2013 na 2014. Ibi byaha akaba yarabihakanye imbere y’urukiko rw’ubujurire rwa Paris avuga ko ari umugabo ukunda amahoro nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ikomeza ivuga.

Centrafrique Alfred Yekatom Rombhot sera jugé par la CPI pour crimes de guerre et crimes contre lhumanité
Alfred Yekatom alias Rambo ubwo yatabwaga muri yombi

Kuri ubu, ntiharamenyekana itariki azagerera bwa mbere imbere y’urukiko mpuzamahanga. Patrice-Edouard Ngaà¯ssona akaba asanze muri gereza ya CPI undi muyobozi wa Anti-Balaka, Alfred Yekatom wiyitaga Rambo nawe uherutse koherezwa muri uru rukiko.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *