U Bufaransa: Icyumweru cya 11 cy’imyigaragambyo cyaranzwe no guhangana na polisi

Sangiza iyi nkuru

kuri uyu wa Gatandatu mu Bufaransa, abantu ibihumbi bazwi ku “dukote tw’umuhondo” bakomeje imyigaragambyo mu mihanda yo muri iki gihugu. Ni icyumweru cya 11 cy’imyigaragambyo yamagana amavugurura ajyanye n’ubukungu ya perezida Emmanuel Macron.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza Reuters, bigereranyije biravuga ko abigaragambyaga bari bamaze kugera ku 22,000 hagati mu masaha ya nyuma ya saa sita kuri uyu wa Gatandatu.

Imyigaragambyo muri rusange yabaye mu mutuzo. Cyakora i Paris hari ahabaye urugomo mu rubuga ruzwi nka Bastille ahasorejwe urugendo rw’umunsi.

Bamwe mu bigaragambyaga batangiye guhangana na polisi. Abapolisi nabo birwanyeho babarasamo ibyuka biryana mu maso banabateramo amazi.

661 afp news 1f3 5ab 676a639257c79ab3b8dd7c26f0 gilets jaunes les etapes d une fronde inedite en france 000 1CO9N7 highDef

Abandi mu bigaragambyaga bari batangaje umugambi wo kwigaragambya mw’ijoro hejuru y’imyigarambyo yabaye ku manywa.

Abigaragambije kuri uyu wa gatandatu bakoze ingendo mu mijyi ya Strasbourg, Bordeaux, Toulouse, Marseille na Lyon.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *