Guverinoma y’u Bufaransa, iy’u Bwongereza n’iy’u Budage byateguje ko Repubulika ya Kenya ishobora kugabwamo ibitero by’iterabwoba mu gihe cya vuba kiri imbere, bisaba abenegihugu babyo kuba maso.
Itangazo ry’u Bufaransa ryasohotse ku rubuga rwa Ambasade yabwo kuri uyu wa 27 Mutarama 2022, rivuga ko abanyamahanga baturuka mu burengerazuba bw’Isi ari bo bakunze kwibasirwa n’ibi bitero aho baba bari nko mu maresitora, amahoteli no mu magurira mu murwa mukuru, Nairobi.
Iyi Ambasade yabishingiyeho ibasaba kwigengesera mu gihe bari aha hantu, by’umwihariko mu mpera z’icyumweru. Iti: “Abantu bari muri Kenya barasabwa kwigengesera cyane kandi bakirinda ingendo nyinshi aha hantu hahurira abantu benshi mu minsi iri imbere, harimo no mu mpera z’iki cyumweru.”
Ibiro bya Guverinoma y’u Bwongereza bishinzwe ububanyi n’amahanga, Commonwealth n’iterambere, nabyo byasohoye ku rubuga rwabyo impuruza kuri ibi bitero.
Byasabye Abongereza bari muri Kenya kwirinda ingendo zitari ngombwa mu bilometero biri munsi ya 60 ugana ku mupaka uhuza iki gihugu na Somalia, no mu burasirazuba bw’akarere ka Garissa.
Ambasade y’u Budage nayo yasabye abenegihugu kwirinda ingendo zitari ngombwa mu karere ka Mandela havuyemo agace ka Mandela West, mu Karere ka Lamu havuyemo ibirwa bya Lamu na Manda, no mu gace ka Tana River.
Nk’uko Nation ibivuga, izi mpuruza zitanzwe nyuma y’igitero cyagabwe muri Lamu, cyarasiwemo abacamanza batanu barakomereka, ubwo berekezaga ku rukiko tariki ya 26 Mutarama 2022. Umutwe w’iterabwoba wa Al Shabaab ukomoka muri Somalia ni wo ukunze kugaba ibitero nk’ibi muri Kenya, rimwe na rimwe ukabyigamba.


