india-pak-ceasefire-112301161-16x9

U Buhinde na Pakistan birashinjanya kurenga ku gahenge

Sangiza iyi nkuru

Byari biteganijwe ko ihagarikwa ry’imirwano rizarangiza vuba ibyumweru by’imirwano ikomeje kwiyongera, irimo na za misile na drones, yatewe n’iraswa rya ba mukerarugendo u Buhinde bwashinje Pakistan kugiramo uruhare ariko Islamabad ikabihakana.

Ku wa Gatandatu, u Buhinde na Pakistan byemeye guhagarika imirwano, nyuma y’amasaha menshi y’imishyikirano yari iyobowe na Amerika, yo kurangiza amakimbirane akomeye ya gisirikare hagati y’ibihugu bihanganye bitunze intwaro za kirimbuzi. Icyakora, nyuma y’amasaha, byashinjanye kutubahiriza amasezerano.

Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 10 Gicurasi, Umunyamabanga w’Ububanyi n’Amahanga w’u Buhinde, Vikram Misri, yatangaje ko Pakistan yarenze ku masezerano yo guhagarika imirwano hagati y’ibihugu byombi nk’uko iyi nkuru dukesha Euronews ivuga.

Mu kiganiro n’abanyamakuru i New Delhi yagize ati: “Turahamagarira Pakistan gufata ingamba zikwiye zo gukemura aya makosa no gukemura iki kibazo…..” Misri yongeyeho ko ingabo z’u Buhinde “zihoreraga” ku byo yavuze ko ari “ugucengera ku mipaka.”

Ni mu gihe muri Islamabad, Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Pakistan yashinje Ingabo z’u Buhinde kuba ari zo zatangije kurenga kw’ihagarikwa ry’imirwano.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *