U Buhinde: Umwana yavukanye umutwe wa kabiri ufashe ku nda ye- AMAFOTO

Sangiza iyi nkuru

Umugore w’imyaka 22 y’amavuko, ukomoka mu Buhinde, yabyaye umwana ufite imitwe ibiri, uwa kabiri ufashe ku nda ye.
Nk’uko bitangazwa n’ikinyamakuru New York Daily News, uyu mwana yavukiye mu bitaro biciriritse, nyuma yo gusanga adasanzwe yoherezwa kwitabwaho mu bitaro bikuru ‘hôpital de JK Lone’ biri mu mujyi wa Jaipur mu Buhinde.
Uyu mwana yavutse neza nyina atabazwe, yavukanye ibiro 2.17Kgs, uyu mutwe wundi ufashe ku nda ye, ngo ni impanga ye bafatanye, igizwe n’umutwe gusa ufashe ku nda ye.
Dr Chetan Sharma, umuganga w’inzobere mu kubaga (chirurgie) wo muri ibi bitaro atangaza ko uyu mwana nta kibazo na kimwe yavukanye, akavuga ko bizeye neza ko uwo mutwe wundi yavukanye bazawumukuraho bitagoranye cyane.
Ababyeyi b’uyu mwana, Amlekha na Ramji Lal Bairva ngo bari basanzwe bafite undi mwana w’umuhungu ubu ufite imyaka itanu.
beb beb2 beb3
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *