U Burundi bwafunguye umupaka ubuhuza na RDC bwari bwarafunze mu mezi 6 ashize

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’urwego rwa Polisi y’u Burundi rushinzwe umutekano wo ku mipaka, Mbonimpa Maurice kuri uyu wa 1 Kamena 2021 yafunguye umupaka wa Gatumba uhuza iki gihugu na Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC), nyuma y’amezi agera kuri atandatu wari umaze ufunzwe.

U Burundi bwari bwarafunze uyu mupaka mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Covid-19 cyari gifite ubukana muri RDC, cyane cyane mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo ibwegereye.

Umurundi witwa Habiyambere Eric wari waraheze RDC bitewe n’ifungwa ry’uyu mupaka, yatangarije umunyamakuru wa Radio Ijwi rya Amerika ati: “Ndishimye cyane kuba umupaka wuguruwe, ngashimira Leta zombi kuba zavuganye, baratureka tugataha.”

Undi witwa Niyonkuru Thomas we yakoraga muri RDC, umupaka ukaba warafunzwe ari mu Burundi. Ukimara gufungurwa, yasubiye mu kazi n’ibyishimo byinshi.

Ibi byishimo babihuje n’abandi biganjemo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka ku mpande zombi, basubukuye ibikorwa byabo.

Ariko nk’uko Minisitiri w’Ubuzima w’u Burundi, Thadée Ndikumana aherutse kubitangaza, ushaka kwinjira mu gihugu wese azajya apimwa icyorezo cya Covid-19 nk’uko bigenda ku bibuga by’indege ndetse aniyishyurire ikiguzi cy’igipimo.

Hashingiwe ku ibwiriza rya Minisiteri y’Ubuzima mu Burundi, Umurundi uvuye muri RDC ari gusabwa amadolari ya Amerika 15, mu gihe umunyamahanga winjira mu Burundi anyuze kuri uyu mupaka, ari gusabwa amadolari ya Amerika 30.

Gusa ariko ishyirahamwe ry’abacuruzi bambukiranya imipaka ryo muri RDC rivuga ko abacuruzi bato badafite ubushobozi bwo kwishyura aya madolari 30 kuko ari menshi, bagasaba Leta y’u Burundi n’iya RDC kwiga kuri iki kibazo, akagabanywa.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *