Leta y’u Burundi yatangaje ko yahagaritse kugirana umubano uwo ari wo wose n’u Rwanda, inatangira guhiga bukware Abanyarwanda Bose bari ku butaka bwa kiriya gihugu.
Byatangajwe na Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Burundi, Martin Niteretse, ubwo kuri uyu wa Kane tariki ya 11 Mutarama yagiranaga inama n’ubuyobozi bw’Intara ya Kayanza.
Ni icyemezo iki gihugu cyafashe nyuma yo gufunga imipaka yose igihuza n’u Rwanda.
Leta y’u Burundi imaze igihe ishinja u Rwanda guha ubufasha inyeshyamba zo mu mutwe wa RED-Tabara zirwanya ubutegetsi bw’i Gitega.
Minisitiri Niteretse yavuze ko usibye gufunga imipaka, Leta y’igihugu cye yacanye umubano uwo ari wo wose na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.
Uyu mutegetsi yavuze ko “Paul Kagame ni umuturanyi mubi. Twahagaritse umubano wose na we kugeza igihe azagarukira ku kuri.”
Minisitiri Niteretse yunzemo ko Perezida Kagame “afite imigambi mibisha. Acumbikira inkozi z’ibibi zihungabanya u Burundi. Abagizi ba nabi bose baca mu gihugu cye.”
Minisitiri Martin Niteretse yavuze kandi ko usibye kuba u Burundi bafunze imipaka ibuhuza n’u Rwanda, butanagikeneye kubona uwitwa Umunyarwanda ku butaka bwabwo.
Ati: “Ni imipaka yose yafunzwe. Ntidukeneye Abanyarwanda hano, ndetse n’abari bari ku butaka bwacu twabataye muri yombi turabirukana.”
U Burundi bwahisemo guca umubano n’u Rwanda mu gihe hari hashize imyaka ibiri ibihugu byombi bisubukuye umubano wari warazambye muri 2015.
Usibye kuba iki gihugu gishinja u Rwanda gukorana na RED-Tabara, kirushinja kandi kuba rwaranze kugiha abo kivuga ko bagerageje guhirika ubutegetsi bwa Perezida Pierre Nkurunziza muri 2015.
Guverinoma y’u Rwanda mu itangazo yasohoye mu mpera z’umwaka ushize yahakanye ibirego yashinjwe na Perezida Evariste Ndayishimiye, ishimangira ko nta mutwe uwo ari wo wose wo mu Burundi ikorana na wo.



3 Responses
U Burundi bwatangiye guhiga bukware Abanyarwanda bari ku butaka bwabwo
Uyu mugabo w’i Burundi rwose arananiwe pe! Ari gushakira ikibazo aho kitari! Gufunga imipaka! Guhiga abanyarwanda bukware! Biramufasha iki se?! Yabanje agakemura ikibazo gitera abasirikare be yohereza muri RDC bagerayo bakanga kurwana! Ahubwo se buriya iyi myitwarire ye ko ndeba ariyo yasunikira umuntu gufasha RED-Tabara ahubwo!
Bari kumushuka!
U Burundi bwatangiye guhiga bukware Abanyarwanda bari ku butaka bwabwo
Ariko abantu bamara imyaka 24 bavuye mwishyamba bataramenya Diplomasi, harya umubano uriya Minisitiri yarafitanye na Paul Kagame wihariye nuwuhe? ntaho mbona bitandukaniye nabyabindi FATHSI yavuze rwose, uwababyaye numwe, wagira ngo dutunze n”indagara nimikeke na mamesa. kuva 2015 se ko bafunze hari mayiti babaonye yazize ko imipaka ifunze. kandi wasanga nawe ari muri babandi babaga mu Rwanda 1994
U Burundi bwatangiye guhiga bukware Abanyarwanda bari ku butaka bwabwo
Burya ndibaza nimba leta ya Gitega itwarwa n’abantu bafise ubwenge canke amadebe. Kuva kera na rindi, ni ku ntwaro ya cndd fdd habayeho kwugara imipaka. None imbono ya 2040-2060 tuzohava tuyikabakabe canke n’ibihendwa abana abandi bariko birira amahera y’igihugu… Ewe murundi, genda waragoweee