Ku biro bya Perezida Putin hagaragaye hacumba umwotsi

U Burusiya burashinja Ukraine kugaba igitero i Moscow cyari kigambiriye Putin

Sangiza iyi nkuru

Leta y’u Burusiya irashinja iya Ukraine kugaba igitero i Moscow cyari kigambiriye Perezida Vladimir Putin mu masaha y’ijoro ryakeye.

Umuvugizi w’ibiro bya Perezida w’u Burusiya, Dmitry Peskov, yatangarije ibiro ntaramakuru bya Leta, RIA Novosti, ko ubwo iki gitero cyagabwaga kuri ibi biro, Putin atari abirimo, ahubwo yakoreraga mu rugo ruri Novo-Ogaryovo.

Peskov yasobanuye ko drone ebyiri zoherejwe muri iki gitero ku biro bya Perezida Putin zarashwe mbere y’uko zirekura ibisasu, kandi ngo nta muntu n’umwe wapfuye cyangwa ngo akomereke.

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga n’umunyamakuru Illia Ponomarenko ukora inkuru zibogamiye kuri Leta ya Ukraine agaragaza ku biro bya Perezida Putin hacumba umwotsi.

Leta ya Ukraine imaze igihe kirekire ihanganye n’iy’u Burusiya ntacyo iravuga kuri iki kirego ishinjwa.

Ku biro bya Perezida Putin hagaragaye hacumba umwotsi
Ku biro bya Perezida Putin hagaragaye hacumba umwotsi

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *