Umugabo ufite inkomoko muri Nigeria yatunguye abantu ubwo yafataga umwanzuro wo kwiyahura nyuma y’uko inzego z’ubuyobozi zimusabye kuva mu nkambi y’impunzi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Uyu mugabo utatangajwe amazina yuriye igorofa y’inyubako 2 arasimbuka agwa hasi nk’uko bigaragara mu mashusho yafashwe na bamwe mu bamubonye.
Amakuru urubuga bwiza.com rwakuye ku bitangazamakuru bitandukanye byo muri Nigeria avuga ko nyuma yo gusabwa kwimuka akava mu nkambi, uyu mugabo yagiye abwira abantu ko adashobora gusubira mu gihugu cye ndetse ko aho kujyayo yahitamo guhara ubuzima bwe.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Bidatinze, uyu mugabo yuriye iyi gorofa abantu bareba bagira ngo ni imikino, abafotora baraftora abandi bajya munsi ye ngo bamusame ariko biranga biba iby’ubusa agwa hasi baterura umurambo.

Soma amakuru yihuse kandi yizewe kuri Facebook no kuri twitter
Gentille@Bwiza.com


