U Rwanda n'u Bushinwa byiyemeje gukomeza ubufatanye ku nyungu z'abaturage b'ibihugu byombi

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame n’umufasha we, Jeanette Kagame kuri uyu wa Gatanu, itariki 17 Werurwe bageze I Beijing mu Bushinwa mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi 2, aho bakiriwe na perezida w’iki gihugu, Xi Jinping n’umufasha we , Peng Liyuan.

32647854474_d94c0ea553_z

Mu biganiro abakuru b’ibihugu byombi bagiranye, perezida Kagame yashimye umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa ndetse n’inkunga u Bushinwa butera u Rwanda by’umwihariko mu bijyanye no guteza imbere ibikorwaremezo.

32677675473_3c57f1d030_z

Perezida Kagame yagize ati: “ U Rwanda rwishimira imibanire myiza n’ubufatanye dusangiye, kandi inkunga y’u Bushinwa mu nzego zitandukanye mu Rwanda, by’umwihariko mu bikorwaremezo no mu iterambere ry’imishinga yabaye ingirakamaro ”.

Umukuru w’igihugu yakomeje avuga ko ubushake bwa Afurika bwo gukorana n’ibihugu byo muri Afurika buhawe ikaze, kandi ko u Rwanda n’ibihugu by’ibifatanyabikorwa ku mugabane, rwiteguye kugira uruhare mu ihuriro ku bufatanye hagati y’u Bushinwa na Afurika.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Ku ruhande rwe, perezida Xi Jinping yavuze ko u Rwanda n’u Bushinwa bimaze imyaka 45 mu ubufatanye nta makemwa, avuga ko bwarushijeho kwaguka ku buyobozi bwa perezida kagame nk’uko inkuru y’urubuga rw’umukuru w’igihugu ivuga.

Yifuje ko ibihugu byombi byakomeza gukorana bya hafi ku nyungu z’abaturage babyo, maze akomeza agira ati: “ Uri umunyapolitiki wubashywe ku rwego rwo hejuru muri Afurika, igihugu cyawe cyateye intambwe nini mu bukungu, mu iterambere ry’imibereho ku mugabane kandi turifuza kubona izindi ntambwe mu iterambere ry’ubukungu ku mugabane .”

Yongeyeho ko ubushinwa buzakomeza kubahiriza amahame y’ubwubahane, kwizerana no kugira icyo bageraho gifatika kuko bazacira inzira ibihugu byabo uko ari bibiri ndetse n’umugabane wa Afurika kuko ngo: “ Isi ni iyacu ”.

Perezida Kagame nawe yavuze ko u Rwanda rwifuje gufatanya birushijeho n’u Bushinwa mu bijyanye n’iterambere ry’inganda ndetse ashishikariza ibigo byo mu Bushinwa gushora imari mu bijyanye n’inganda mu Rwanda.

Yavuze kandi ko u Bushinwa bufite umwanya udasanzwe mu mibanire n’amahanga, kandi ashima ko u Bushinwa bwubaha abafatanyabikorwa bo muri Afurika.

Perezida Kagame yaboneyeho guha ubutumire mugenzi we, Jinping bwo kuzasura u Rwanda.

Perezida w’u Bushinwa akaba yiyemeje gufasha u Rwanda kubaka igice cyagenewe inganda, asaba ubufatanye bukomeye mu bijyanye no guteza imbere inganda, guteza imbere ubuhinzi bujyanye n’igihe, kubaka ubushobozi, ibikorwaremezo, no kuzamura ubukerarugendo n’umutekano, anizeza ko u Bushinwa buzakomeza gushishikariza ibigo by’Abashinwa gushora imari mu Rwanda nk’uko byatangajwe na Xinhua, Ibiro Ntaramakuru byo mu Bushinwa.


Amafoto:

32677945823_3841c744cc_z

32676561203_02243f8a76_z 33362499181_7ef47f95db_z 33335606792_7cefe2e348_z 33108110540_89f001d1a4_z-1 32648560584_45cdd302c9_z 33450938326_beb8375e9b_z

32647251944_3fd1c4b380_z-1

33362867341_61084bf46a_z

Amafoto: Village Urugwiro

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter


Dennis Ns./Bwiza.com

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *