U Rwanda na Ingabire Victoire mu Rukiko Nyafurika rw’uburenganzira bwa muntu vuba aha

Sangiza iyi nkuru

Urukiko Nyafurika rw’uburenganzira bwa muntu n’abaturage ruritegura kumva imanza ziregwamo u Rwanda nubwo rwo ruteganya kwitandukanya n’uru rukiko.

Muri Werurwe biteganyijwe ko u Rwanda ruzagera imbere y’uru rukiko nyuma y’ikirego cyatanzwe n’umunyapolitiki, Victoire Ingabire arega u Rwanda guhonyora uburenganzira bwe nk’umunyapolitiki ndetse n’ikiremwamuntu.

Ikibazo cya Ingabire kizumvwa mu ruhame kuwa 17 Werurwe 2017 ”, ibi bikaba byaratangajwe na Dr Robert Eno, umwanditsi w’urukiko.

Ingabire Victoire, umuyobozi w’ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi, FDU-Inkingi, yajyanye u Rwanda mu rukiko avuga ko uburenganzira bwe bw’ibanze bwahonyowe ubwo yacirwaga urubanza agakatirwa gufungwa imyaka 15, aboneraho gusaba ko yafungurwa.

Binyujijwe ku mwunganizi we mu mategeko, Ingabire akaba asaba uru rukiko nyafurika gusesa imyanzuro y’urukiko rw’ikirenga rwo mu Rwanda rwamuburanishije rukamukatira imyaka 15 y’igifungo, asaba guhita arekurwa nk’uko ikinyamakuru The East African dukesha iyi nkuru ivuga.

Yasabye kandi kugaragaza amategeko ahana ibyaha byo gukwirakwiza ingengabitekerezo ya jenoside yagendeweho akatirwa avuga ko adasobanutse.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Turifuza ko Urukiko Nyafurika rumenya ko madamu Ingabire ataciriwe urubanza neza mu Rwanda ”, uwo akaba ari Dr Caroline Buisman, umwe mu banyamategeko ba Ingabire avugana na The East African.

Uyu munyamategeko ukomoka mu Buholandi, wirukanwe ku butaka bw’u Rwanda n’ubuyobozi bushinzwe abinjira n’abasohoka muri Gicurasi umwaka ushize, nyuma y’aho yari yinjiye mu gihugu mu buryo bunyuranyije n’amategeko, avuga ko imyiteguro y’uru rubanza irimo kugenda neza nubwo ngo atarahura na Ingabire imbonankubone.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *