bitmap_1200_nocrop_1_1_20250619075354701114_GtxPlPsW4AAq8qN

U Rwanda na RDC byahuriye mu nama ya mbere yo guhuza ibikorwa by’umutekano

Sangiza iyi nkuru

Abahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) n’u Rwanda kuwa Kane no kuwa Gatanu bakoze inama ya mbere y’ingamba zo guhuza ibikorwa by’umutekano nk’uko biteganywa mu Masezerano y’Amahoro ya Washington.

Nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Amerika mu itangazo ryo kuri uyu wa Gatandatu ushize, itariki ya 9 Kanama 2025, impande zombi zari ziherekejwe n’indorerezi za Qatar na Amerika, ndetse n’uhagarariye umuhuza wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Inyandiko yashyizwe ahagaragara igira iti: “Ku itariki ya 7 na 8 Kanama 2025, abahagarariye Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) na Repubulika y’u Rwanda, baherekejwe n’indorerezi z’Abanyamerika, iza Leta ya Qatar, uhagarariye umuhuza w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, na Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, bakoze inama ya mbere y’uburyo bwo guhuza ibikorwa by’umutekano kubw’amasezerano y’amahoro hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Repubulika y’u Rwanda, yasinyiwe i Washington ku itariki 27 Kamena 2025,”

Iyi nyandiko iributsa ko Urwego ruhuriweho rw’umutekano rushinzwe gushyira mu bikorwa gahunda ihuriweho yo kurandura FDLR no gutuma Ingabo z’u Rwanda zikuraho ingamba z’ubwirinzi rwafashe.

Urwego rushinzwe kandi koroshya guhanahana amakuru n’ubutasi hagati y’impande zombi mu gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro.

Muri iyi nama ya mbere, abahagarariye, DRC n’u Rwanda, bemeje ingingo zijyanye no kugenga inama z’ejo hazaza kandi batangira ibiganiro ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro.

Nk’uko amakuru amwe abitangaza, uhagarariye umuhuza wa AU, Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Leta ya Qatar, na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitabiriye ibyo biganiro kugira ngo ayo masezerano ashyirwe mu bikorwa mu buryo bunoze kandi butabogamye, ndetse no gukomeza imigambi myiza igamije kugera ku mutekano urambye mu karere.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *