Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore yasezerewe mu ijonjora rya mbere ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2026, nyuma yo kunganya na Misiri ibitego 2-2 mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Suez Canal Stadium kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Gashyantare 2025.
Mu mukino ubanza wabereye i Kigali, u Rwanda rwari rwatsinzwe 1-0, bivuze ko rusezerewe ku giteranyo cy’ibitego 3-2.
Misiri ni yo yafunguye amazamu hakiri kare, ku gitego cya Menna Tarek ku munota wa 6. U Rwanda rwishyuye ku munota wa 26 binyuze kuri Usanase Zawadi, ariko Habiba Esam Mohamed yatsindiye Misiri igitego cya kabiri ku munota wa 67. Usanase yongeye gutsinda mu minota y’inyongera, ariko ntibyahagije ngo u Rwanda rukomeze.
Nyuma yo gukomeza, Misiri izahura na Ghana mu cyiciro gikurikiraho cyo guhatanira itike y’Igikombe cya Afurika cy’abagore cya 2026.


