U Rwanda rwatangije gahunda nshya yo gupimira coronavirus mu ntara

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) Dr Nsanzimana Sabin yatangaje ko u Rwanda rwatangije gahunda nshya yo gupimira coronavirus hanze y’Umujyi wa Kigali mu rwego rwo kongera ibipimo bifatwa ku munsi.

Ibi Dr Nsanzimana yabivugiye mu kiganiro yagiranye na KT Radio cyo kuwa 27 Gicurasi 2020, akaba yanatanze ishusho nyayo y’ibipimo u Rwanda rumaze kugeraho mu kuvura Coronavirus agendeye ku bipimo by’ibihugu binyuranye ku isi.

Mu rwego rwo kongera umuvuduko mu gupima virusi ya covid-19,Dr Nsanzimana yavuze ko Intara y’Iburasirazuba ku bitaro bya Rwamagana hoherejwe imashini igiye kwifashishwa mu gupima Coronavirus ari na yo mpamvu ubwiyongere bw’ibipimo bifatwa ku munsi bwiyongereye aho ku nshuro ya mbere ku munsi umwe hapimwe abagera ku bihumbi bibiri.

Dr Nsanzimana yavuze ko u Rwanda rwiteguye neza kugira ngo ifungurwa ry’ingendo n’ibikorwa riteganyijwe kuwa 1 Kamena 2020 ritazahungabanya urwego igihugu cyari kigezeho mu guhangana na coronavirus.Yagize ati”Gufungura ingendo zihuza intara n’Umujyi wa Kigali nta mpungenge biteye kuko ibipimo byafashwe bigaragaza ko nta coronavirus iri mu Mujyi wa Kigali.”

Yavuze kandi ko habanje igikorwa cyo gupima abantu bazakora muri serivise zigiye gukomorerwa nk’abamotari n’abandi bakora ingendo zinyuranye zifite aho zihurira n’abantu benshi mu rwego rwo kwirinda ko virusi yakwirakwizwa mu bantu.

Mu Rwanda hamaze gufatwa ibipimo kuri coronavirus bigeze ku 64,268,muri ibi bipimo abagaragayeho virusi ya covid-19 ni 349,abantu 245 muri aba barayikize naho abakibana n’ubu bwandu ni 104.

Akarere ka Rwamagara ko mu ntara y’Iburasirazuba ni ko kabimburiye ibindi bice byo hanze y’Umujyi wa Kigali mu gutangira gahunda yo gupima ubwandu bwa covid-19,bikaba biteganyijwe ko iyi gahunda izakomereza no mu zindi ntara.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *