Ifoto:RDF Infantry Group 2018, KT Press
Guverinoma y’u Rwanda yaraye yohereje ingabo ingabo zagiye gufasha izindi guhangana n’iza François Bozizé wabaye Perezida wa Repubulika ya CentrAfrica (CAR).
Ibiro bya Minisiteri y’Ingabo byatangaje ko usibye no “gushyigikira izari zisanzwe” ziba muri CAR, ingabo z’u Rwanda zizatanga umusanzu mu kurinda umutekano w’amatora ateganyijwe tariki ya 27 Ukuboza 2020, nyuma y’amazezerano y’amaoro iki gihugu cyasinyanye n’imitwe yitwaje intwaro 14.
Nk’uko BBC yabitangaje tariki ya 19 Ukuboza 2020, Guverinoma ya CAR ishinja Bozizé gushaka guhirika ubutegetsi, abifashijwemo n’imitwe yitwaje intwaro imushyigikiye.
Francois Bozizé wayoboye CAR, BBC
Icyo gihe byatangajwe ko iyi mitwe yari yageze mu mujyi wa Bossembélé, yiteguye kugaba igitero mu murwa mukuru, Bangui.
Gusa Umuvugizi wa Bozizé witwa Christian Guenebem yahakanye aya makuru, avuga ko ahubwo umukoresha we yibereye mu mujyi wa Bossangoa.
Gusa n’ubwo uruhande rwa Bozizé rwabihakanya, umwuka si mwiza muri CAR kuko byatumye ingabo ziri mu butumwa bw’amahoro zoherejwe mu bice bitandukanye by’igihugu, zibisabwe na Perezida Faustin Touadéra.
Intandaro y’igisa n’imyigaragambyo ya François Bozize wayoboye CAR kuva mu 2003 kugeza mu 2013, ni uko yangiwe kwiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, aho nyuma yasabye ko amatora yasubikwa hakabanza ibiganiro, ariko ntiyabyemererwa. Perezida Touadéra yashimangiye ko amatora agomba kuba.


