Colonel Nzenze Imani uyobora abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa M23 baherutse kurekura ikigo cya gisirikare cya Rumangabo muri teritwari ya Rutshuru, yatangaje ko nta musirikare wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo wamuhagarika mu gihe yaba afite gahunda yo gufata umujyi wa Kisangani mu ntara ya Tshopo.
Ni igisubizo yahaye abanyamakuru ubwo bamwibutsaga ko Leta ya RDC ishinja M23 kuyobya uburari, ikerekana ko ivuye mu bice yari yarafashe kandi ikibirimo, ndetse n’amakuru avuga ko abarwanyi b’uyu mutwe bakomeje gufata uduce dushya.
Col. Nzenze yavuze ko M23 ishaka kubahiriza imyanzuro y’amahoro yo kuva mu bice yari yarafashe kugira ngo hazabeho imishyikirano hagati yayo n’ubutegetsi bwa RDC, asobanura ko nta gahunda uyu mutwe ufite wo gufata ibindi bice, kuko ngo iyo uba uyifite, uba warageze no muri Kisangani.
Yagize ati: “M23 iracyari muri gahunda yo guhagarika imirwano ku ruhande rwayo, ntiyigeze ishaka gufata ibice. Iyo mba mfite gahunda yo gufata ibice, uyu munsi mba ndi muri Kisangani kubera ko nta ngabo zihari zampagarika. Njyewe ndababwiza ukuri.”
Abarwanyi ba M23 bari bayobowe na Col. Nzenze bavuye mu kigo cya Rumangabo tariki ya 6 Mutarama 2023, bagishyikiriza ingabo ziri mu mutwe w’umuryango w’akarere ka Afurika y’iburasirazuba uzwi nka EACRF. Ni nyuma yo kuva muri Kibumba tariki ya 23 Ukuboza 2022.



One Response
Ubu mba ndi Kisangani kuko nta ngabo zampagarika: Colonel Nzenze wa M23
Dukeneye uburenganzira muri Congo natwe tugafatwa nkabandi
Kuko twicwa buri munsi