20251010_063148

Ububiligi: Minisitiri w’Intebe yari agiye guturitswa n’ibyihebe 

Sangiza iyi nkuru

Polisi y’u Bubiligi yataye muri yombi ibyihebe bitatu bakekwaho gutegura igitero cy’iterabwoba cyari kigamije kwibasira abanyapolitiki barimo Minisitiri w’Intebe Bart De Wever, hifashishijwe drone irimo ibisasu.

Iperereza ryatangiye nyuma y’uko urukiko rwa gisirikare rutegetse gusaka amazu y’ibi byihebe, mu mujyi wa Anvers (Antwerp).

Mu nzu y’umwe muri bo habonetse igikoresho cyari gukoreshwa nk’igisasu, n’umufuka wuzuye ibyuma. Ahandi habonetse 3D printer bivugwa ko yari gukoreshwa mu gukora ibice bya drone yagombaga gukoreshwa mu gitero.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari ibimenyetso bigaragaza umugambi w’iterabwoba rishingiye ku mahame ya jihadi, ryari rigamije bamwe mu banyapolitiki bakomeye.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Maxime Prevot, yanditse kuri X avuga ko “amakuru y’igitero cyari kigamije Minisitiri w’Intebe yatunguranye”, ashimira inzego z’umutekano ku gikorwa cyihuse bakoze.

Abakekwaho bose bari bakiri bato, aho bavutse mu myaka ya 2001, 2002 na 2007. Babiri baracyabazwa, naho uwa gatatu yararekuwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *