unnamed-4-2.jpg

Ubucucike mu magereza: Abafungiwe muri gereza biyongereyeho 30,6% mu myaka ine

Sangiza iyi nkuru

Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) iravuga ko umubare w’abantu bafunzwe ukomeje kugenda wiyongera igasanga igasaba ko tegeko ryo guhanisha gukora imirimo ifitiye inyungu igihugu ryakwihutishwa mu gushyirwa mu bikorwa mu rwego rwo kugabanya ubucucike bukomeje kugaragara mu magereza.

Ibi byatangajwe muri raporo y’ibikorwa by’umwaka wa 2020-2021 na gahunda y’ibikorwa by’umwaka wa 2021-2022 iyi komisiyo yagejeje kuri uyu wa Kane, ku Nteko Ishinga Amategeko imitwe yombi.

Komisiyo ivuga ko yagenzuye Gereza 14 mu gihugu igasanga ubucucike bwari ku rugero rwa 124,1%. Izifite ubucucike bwinshi ni Gereza za Muhanga (238.8%) ,Gicumbi (161,8%), Rwamagana (151,1 % ), Rusizi (144,8%), Huye (138,6%), Musanze (138,2%), Bugesera (132,1%), Rubavu (127,7%), na Ngoma (103,6 %).

Gereza zitagaragayemo ubucucike ni Gereza ya Mulindi (70,1%), iya Nyamagabe (83,3%), iya Nyarugenge (83,3%), iya Nyagatare (84,6%) n’iya Nyanza (93,5%).

Umubare w’abantu bari bafungiwe muri gereza 14 zagenzuwe mu myaka 4 ya 2017, 2018, 2019 na 2021 (hatabariwemo umwaka wa 2020 kuko zose zitagenzuwe) wagiye wiyongera buri mwaka kuko wavuye ku bantu 58,230 muri 2017 ugera kuri 76,099 mu mwaka wa 2021, bivuze ko hiyongereyeho 30,6%.

unnamed-4-2.jpg

NCHR ivuga ko ukwiyongera kw’abafungiye muri gereza guterwa n’uko abakora ibyaha bagahanishwa gufungwa biyongera ugereranyije n’abarangiza ibihano muri gereza. Ikindi ni uguhanisha igihano cy’imirimo y’inyungu rusange giteganywa n’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 bidashyirwa mu bikorwa.

Komisiyo igasanga hakwiye kwihutishwa ivugururwa ry’itegeko rigenga inshingano z’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa hagashyirwaho Iteka rya Perezida rigena uko igihano cy’imirimo y’inyungu rusange kizakorwa nk’uko riteganywa n’Itegeko no 68/2018 ryo ku 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Ubushinjacyaha kandi bwasabwe ko mu gihe bukurikiranye ukekwaho icyaha bwanatekereza kumukurikirana adafunzwe kuko iyo afunzwe ari byo byongera ubucucike mu magereza.

Iyi komisiyo kandi yagenzuye ibigo 28 binyurwamo by’igihe gito isanga harimo abantu 5,589, abagabo bari 4,815 (86.02)%, abagore 403 (7.23%) abana b‘abahungu 333 (6.05%), abana b‘abakobwa 38 (0.67%). Harimo kandi abana bato 22 bari kumwe na ba nyina.

Abiganje mu bigo ni abagaragaye mu bikorwa by‘ubujura, abakora ubucuruzi bwo mu muhanda butemewe (ubuzunguzayi), abakoresha ibiyobyabwenge; abafatwa nk’inzererezi, abakora ubucuruzi bwa magendu.

Raporo yo mu kwezi kwa Gicurasi 2021 ya Statista Research Department igaragaza ko u Rwanda ruza ku mwanya wa gatanu mu bihugu bifite umubare munini w’abantu bafunzwe ku bantu 100,000 aho muri aba haba hafunze 511, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika ari zo ziza ku mwanya wa mbere n’abantu 639.

hd.jpg

Bisobanuye ko mu bantu 10,000 hafunzwe abantu 51, mu gihe ku bantu 1,000 haba hafunze batanu.

jki-9130c.jpg

Mu mwaka ushize wa 2020 nabwo Statista Research Department ikaba yari yagaragaje ko u Rwanda rufite abantu 511 bafunzwe ku bantu 100,000 ari ko noneho ruza ku mwanya wa gatandatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *