Ubudage: Ikipe yanyagiwe ibitego 37-0 kubera gusiga intera mu bakinnyi bayo

Sangiza iyi nkuru

Ikipe y’abatarabigize umwuga ya SG Ripdorf/Molzen II yo mu gihugu cy’u Budage, yatsinzwe n’iyitwa SV Holdenstedt II ibitego 37-0, nyuma yo gusiga intera hagati y’abakinnyi nk’ingamba yo kwirinda ikwirakwizwa rya Covid-19.

Aya makipe yombi abarizwa mu kiciro cya 11 mu Budage (Lower Saxony’s 3. Kreisklasse) yahuye ku Cyumweru.

Perezida w’ikipe ya Ripdorf, Patrick Ristow, yavuze ko kwitegura uriya mukino byabagoye cyane, bijyanye n’uko bari bamenye amakuru y’uko hari abakinnyi ba Holdenstedt bari bahuye n’uwanduye Covid-19 mu mukino baherukaga gukina.

Abakinnyi ba Holdenstedt bari bapimwe Covid-19 ibisubizo bigaragaza ko nta wanduye icyo cyorezo, gusa ubuyobozi bwa Ripdorf bwasanze ibyo bidahagije buhitamo gukinisha abakinnyi barindwi bonyine.

Ristow uyobora iriya kipe aganira na ESPN yagize ati: “Turashima Imana kuba bariya bakinnyi barindwi baragize ubushake bwo gukina, iyo bitaba ibyo ikipe yakabaye yaraciwe amande y’ama-Euro 200 kubera kwanga gukina umukino. Ni amafaranga menshi cyane kuri twe, cyane mu gihe cy’iki cyorezo.”

Kuva umukino watangira, Holdenstedt nta mpuhwe na busa yigeze igirira Ripdorf, ku buryo buri minota hafi ibiri yatsindaga igitego.

Ristow asobanura uko ikipe ye yandagajwe, yagize ati: “Umukino ugitangira, abakinnyi bacu bahaye umupira ikipe duhanganye bahita bigira iruhande rw’ikibuga. Abakinnyi ba Holdenstedt ntabwo babisobanukiwe, gusa twe ntitwashakaga kwishyira mu bibazo. Umukino wose abakinnyi bacu bagarutse mu kibuga, gusa icyo bakoze ni uguhagarara mu kibuga gusa.”

Kumva ko ikipe yatsinzwe ibitego 37-0 byashyuhije cyane imbuga nkoranyambaga, gusa Ristow we asanga icy’ingenzi cyari ukurengera ubuzima bw’abakinnyi b’impande zombi bari mu kibuga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *