fcr63lhxwaahcph.jpg

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 7.5% mu gihembwe cya 2 cya 2022

Sangiza iyi nkuru

Ubukungu bw’u Rwanda bwazamutseho 7.5 ku ijana mu gihembwe cya kabiri cya 2022, bubikesha ahanini serivisi n’inganda, mu gihe mu gihembwe cya mbere bwari bwazamutseho 7.9% .

Ibi byagaragajwe na minisiteri y’imari n’igenamigambi igaragaza uko umusaruro mbumbe w’imbere mu gihugu uhagaze kuri uyu wa Kane.

Iyi minisiteri ivuga ko kuva muri Mata kugeza muri Kamena, agaciro k’ifaranga k’ibicuruzwa na serivisi byose bikorerwa mu Rwanda byabarirwaga muri miliyari 3.279 bivuye kuri miliyari 3025 yinjiye mu gihembwe gishize.

Dukurikije imibare ibigaragaza, serivisi zijyanye no kwakira abashyitsi zariyongereye cyane; cyane cyane binyuze mu gutegura amateraniro, inama, n’ibindi bikorwa.

fcr63lhxwaahcph.jpg

Amahoteri na resitora byiyongereyeho 193 ku ijana, ibikorwa byo gutwara abantu ku gipimo cya 27 ku ijana, naho uburezi bwiyongera kuri 14 ku ijana.

Serivise z’imari zazamutseho 10 ku ijana, mu gihe ibijyanye n’amakuru n’itumanaho byiyongereye ku 8 ku ijana.

Hagati aho, ubuhinzi bwazamutseho 2 ku ijana gusa mu gihe inganda zazamutseho 6 ku ijana.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *