Ubundi bwato 3 bwikoreye toni hafi ibihumbi 60 z’ibigori bwahagurutse muri Ukraine

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Gatanu, itariki ya 5 Kanama 2022. Ubundi bwato butatu bwikoreye toni 58,000 z’ibigori bwahagurutse ku byambu bya Ukraine. Ubu bwato buzakoresha umuhanda utekanye mbere yo kwerekeza muri Irlande, u Bwongereza na Turkiya.

Ubu bwato biteganyijwe ko bukoresha inzira nk’iyo ubwa mbere bwahagurutse muri Ukraine buriho ibendera rya Sierra Leone bwitwa Razoni bwanyuzemo. Uu bukaba bwarahagurutse ku cyambu cya Odesa kuwa Mbere bwikoreye toni 26,000 z’ibigori.

Nyuma yo kugenzurwa ku nkombe zo mu majyaruguru ya Istanbul, ubu bwato butatu buzaba bufite inzira zitandukanye n’iza Razoni nk’uko tubikesha indianexpress.

Nk’uko amakuru arambuye ava mu bategetsi ba Turkiya avuga, ubwato bwitwa Navistar, buriho ibendera rya Panama, kimwe nka Razoni, bwavuye ku cyambu cya Odessa cyo muri Ukraine bwerekeza i Ringaskiddy, muri Irlande, na toni 33.000 z’ibigori.

Ubundi bwato bwitwa Rojen, buriho ibendera rya Malta, bwavuye ku cyambu cya Chornomorsk, bufite toni 13.000 z’ibigori, maze bwerekeza i Teesport, mu Bwongereza.

Ubwato bwa gatatu ni ubwa Turkiya bwitwa Polarnet nabwo bwahagurutse ahitwa Chornomorsk bwerekeza ku cyambu cya Karasu, na toni 12,000 z’ibigori.

Muri rusange, ni ubwato bune bumaze kuva muri Ukraine kuva hashyirwaho umuhanda utekanye. Ubwato bwa mbere bwa Razoni bwavuye muri Odessa bwerekeza i Tripoli, mu majyaruguru ya Libani, kuva ku wa Gatatu, nyuma yo kugenzurwa ku muryango bwinjira Bosphorus.

Amasezerano yasinyiwe muri Turukiya hagati ya Ukraine n’u Burusiya ni yo yatumye ibi bishoboka. U Burusiya ariko bwasabye hazajya hagenzurwa ibyoherejwe byose n’amakipe agizwe n’Abarusiya, Abanya-Ukraine, n’Abanyaturukiya bafashijwe n’abakozi ba Loni.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *