Umuryango w’ubumwe bw’Uburayi (EU) wakuyeho ibihano wari warafatiye Abarundi batatu: Lt Gen. Gervais Ndirakobuca uzwi nka Ndakugarika, Gen. Godefroid Bizimana na Gen. Leonard Ngendakumana uri mu buhungiro.
Iki cyemezo EU yagifashe kuri uyu wa 25 Ukwakira 2022, isobanura ko ari ku bw’umubano wayo n’u Burundi ukomeje kuba mwiza. Iti: “Umubano mwiza hagati ya EU n’u Burundi watumye ikuraho ingingo ya 96. Uyu munsi EU yakuriyeho ibihano abantu batatu barimo Minisitiri w’Intebe. EU izakomeza gushyigikira gahunda z’iterambere n’impinduka zakozwe n’u Burundi.”
Lt Gen. Ndirakobuca wakuriweho ibihano ubu ni Minisitiri w’Intebe. Gen. Bizimana yabaye umujyanama wa Perezida w’u Burundi uri ku butegetsi, Ngendakumana we ari mu buhungiro mu gihe ashakishwa na Leta y’u Burundi kubera uruhare yagize mu ihirikwa ry’ubutegetsi ryo muri Gicurasi 2015 ryageragejwe kuri Pierre Nkurunziza wayoboraga iki gihugu.
Aba batatu babaga kuri uru rutonde kuva tariki ya 1 Ukwakira 2015, kubera uruhare bashinjwaga mu bikorwa by’urugomo byakorewe abaturage byatangiye kuva ubwo Nkurunziza yatangazaga ko aziyamamariza manda bamwe bise iya gatatu.




