Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina

Sangiza iyi nkuru

Uko amajyambere agenda yihuta ni nako hari byinshi byirengagizwa kandi ugasanga bigize ingaruka mbi mu kubaka ingo hagendewe ku muco gakondo, bityo abakobwa bakoraga imihango runaka ikabafasha kubaka ingo ndetse no gufata neza umugabo, muri iyo twavuga nk’uwo Gukuna.
Mbere ya byose tumenye Gukuna ni iki?
Gukuna ni umuhango wa gikobwa ukorwa mu muco nyarwanda no mu bindi bihugu bya Afurika ugamije gutegura umukobwa kuba umugore ubereye umugabo, utangira umukobwa ari umwangavu kuva ku myaka 13-18 kuko umubiri uba utarakomera rimwe na rimwe atarajya mu mihango ya gikobwa.
Muri iki gihe kubera iterambere ndetse n’imibereho myiza y’abaturage usanga abana b’abakobwa bajya mu mihango bafite imyaka 9-10, byaba byiza ba nyina cyangwa abandi bafite inshingano ku bana bageze muri iki gihe baba bafite inshingano zo kubaganiriza ku buzima bw’imyororekere ndetse banabafasha kwitegura kuzaba abagore bahamye .
gukuna
Tugarutse ku gisobanuro cyo Gukuna, mu gihe cyo ha mbere uwo muhango wakundaga kubera mu gasozi nko mu gashyamba abakobwa bitwaje kujya “guca imyeyo” ari naho havuye iyo mvugo, ko uwakunnye byitwa ko yaciye imyeyo, bakitwaza kujya guca ubwatsi, gutashya inkwi, kujya mu rubohero, n’ibindi….
Muri iki gihe abana benshi ntibagitashya yewe ntibakinabona akanya ko kujya mu bisambu, ariko Gukuna si ngombwa kubikorera mu gihuru gusa upfa kuba ufite ibikunisho byawe, wanabikorera mu rugo mu cyumba uraramo cyangwa n’ahandi hapfa kuba hiherereye.
Bitewe n’amabanga yawo, uyu muhango ugomba kubahwa ukanubahirizwa, rero si byiza ko buri wese amenya icyo uhugiyeho, icya ngombwa ni uko uba witegurira ibyishimo n’umunezero birambye ndetse no kuzanezeza umugabo wawe mu gihe wageze mu rwawe.
Ibikunisho 4 wifashisha muri iki gikorwa:

  1. Intobo z’ibitoborwa
    2.Amavuta y’inka (niyo yaba adakuze)
    3.Akatsi bita gutwi kumwe
    4. Agati bita umukonora (utubabi twako) si ibi gusa ariko ibi 4 byagufasha gukora neza uyu muhango (gukuna).

Ese Gukuna bikorwa bite?
Uri mu muhango wo gukuna afata intobo z’ibitoborwa akazotsa (azivumbitse mu ziko), iyo zimaze gushya ugakuramo ubuhwa bwazo ukavanga n’amavuta y’inka mu kantu gafite isuku (agacupa) Ushobora no gukoresha kimwe muri biriya byatsi bivanze n’amavuta y’inka!
Mu gihe ibyo byatsi cyangwa ibimera bitabashije kuboneka ukoresha amavuta y’inka akuze ukayakoresha mu gitondo kare na nimugoroba abandi bamaze gusinzira wirinda ko hari uwakumva ibyo ukora.
Akamaro ko gukuna mu gihe cyo gutera akabariro
Iyo wakunnye biba akarusho kuko umugore wakunnye areta vuba kandi akihuta mu kunyara no mu gusohora, ndetse bigafasha umugabo we akumva ko atarimo kuruhira ubusa, biramunezeza cyane iyo baharuranye ikivi batangiranye (bakarangiriza rimwe).
Umugore utarakunnye ntibivuze ko ari uwo gusendwa, kuko hari n’abadakora ibi byose kandi bagashimisha abagabo babo ariko n’ubwo bwose amajyambere agenda yihuta umugore wakunnye uzi n’ibyiza byabyo mu kunezeza umugabo we nawe aba yifuza ko umwana we abikora.
Ese umukobwa utarakunnye yagira ibihe bibazo:
N’ubwo bwose bitaba kuri buri wese, hari igihe umukobwa ashaka umugabo w’akaraha ka jyahe, yagera iwe ku munsi wa mbere yamukoraho agasanga ntiyigeze amenya iryo banga, haba ku manywa cyangwa se n’ijoro agahora abimucyurira ko ataryoshya inzoga.
Aho umukobwa abimenyeye ko hari igikorwa cyamwihishe cyangwa atamenye, bimutera ipfunwe ndetse bikamubabaza cyane, akumva ahari wenda ntacyo bimaze gushaka niba atarakunnye, kuko abandi akenshi bamuca intege bamubwira ko bazamusenda, ngo bazamukubita intosho ishyushye mu maguru, ngo nyirabukwe azarahiramo ivu, n’ibindi by’urucantege (izi zari imvugo zo hambere).
Ahangaha umukobwa ageraho akivanaho ikosa agahita arishyira kuri nyina cyangwa bakuru be, nyirasenge bakabaye barabimuganirije, yaba ntabo afite akabishyira ku wamureze cyangwa se agahora yibaza ngo nibe n’abafite ababibakorera (yumvikanisha ko kubura nyina yahombye byinshi, kandi koko).
Agatangira kugerageza bitagishobotse , cyera bakoreshaka imvugo igira iti: “nyira kanaka yibutse ikuna mu irongorwa” kuko aba abikoze mu gihe kitari icyabyo.
Umukobwa utarakunnye iyo ashatse umugabo wabimenyeho akanabiganirizwa agasanga umufasha we atagira ashwi, urukundo, ubwuzu n’urugwiro yari amufitiye bitangira kugabanyuka, rimwe na rimwe akabimucyurira, icyo gihe bisaba kwihangana no kubiganiraho kugirango yumve ko urugo rutubakwa n’ibyo.
Bihumira ku mirari iyo umugabo asanze umugore we atanyara, hari abihangana ntibinamenyekane ariko hari n’undi wumva ko atashatse, uretse kuba umuntu yabyirengagiza ariko ibanga ryo ku buriri riri mu bya mbere bitera amakimbirane hagati y’abashakanye.
Ushobora kubona abantu babayeho neza ntacyo babuze mu rugo ariko amakimbirane akaba ahahora ahanini biterwa n’akabazo nk’aka kavutse hagati yabo ari nayo mpamvu umugore wakunnye akora ibishoboka byose n’umwana we akamuhishurira kuri iri banga.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Leki@bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

22 Responses

  1. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Ese ntakindi wakoresha Atari ibyo bine uvuze haruguru

  2. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Ese ntakindi wakoresha Atari ibyo bine uvuze haruguru

  3. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Ese ntakindi wakoresha Atari ibyo bine uvuze haruguru

    1. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
      Ese umukobwa utarayiciye ntago yayica ngo bikunde ? Cg harigihe ntarengwa?

      1. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
        Umubiri (muscles) ushobora gukoreshwa ibikorwa bitandukanye igihe cyose nyirawo abishoboye. Uzarebe abasore baterura ibyuma cyangwa bakora sports intego ari kwongera cyangwa kwagura igituza n’amaboko, birashoboka… ndibwirako n’uriya m’ubiriri wo mu myanya y’ibanga y’unwari, umutegarugori cyangwa umubyeyi bishoboka kuyikuna muscles zose iyo zishyizweho tensions effets ni uko zaguka

      2. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
        Umubiri (muscles) ushobora gukoreshwa ibikorwa bitandukanye igihe cyose nyirawo abishoboye. Uzarebe abasore baterura ibyuma cyangwa bakora sports intego ari kwongera cyangwa kwagura igituza n’amaboko, birashoboka… ndibwirako n’uriya m’ubiriri wo mu myanya y’ibanga y’unwari, umutegarugori cyangwa umubyeyi bishoboka kuyikuna muscles zose iyo zishyizweho tensions effets ni uko zaguka

    2. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
      Ese umukobwa utarayiciye ntago yayica ngo bikunde ? Cg harigihe ntarengwa?

    3. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
      INAMA ZANYU ZIRATWUBAKA CYANE MUKOMEREZAHO

    4. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
      INAMA ZANYU ZIRATWUBAKA CYANE MUKOMEREZAHO

  4. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Ese ntakindi wakoresha Atari ibyo bine uvuze haruguru

  5. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    ese kuki hari nabakunye usanga batanyara namba biterwa niki?

  6. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    ese kuki hari nabakunye usanga batanyara namba biterwa niki?

  7. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Napenda kujua dawa intobo samahani naomba kwa languages ya kiswahili

  8. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Napenda kujua dawa intobo samahani naomba kwa languages ya kiswahili

  9. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Napenda kujua dawa intobo samahani naomba kwa languages ya kiswahili

  10. Uburyo 4 wakifashisha mu Gukuna no kuryoshya imibonano mpuzabitsina
    Napenda kujua dawa intobo samahani naomba kwa languages ya kiswahili

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *