Ubusatirizi bwa Messi, Neymar na Mbappé buyoboye ubundi mu kubona incundura mu marushanwa yose arimo shampiyona, UEFA Champions League, Europa league, ndetse n’igikombe cy’igihugu.
Nubwo ikipe iba igizwe n’abakinnyi benshi ariko igira abo ibanza mu kibuga. Muri abo babanza mu kibuga na bo hakagira batatu bahuza kurusha abandi ari bita ‘ubutatu’ cyangwa ‘trio’.
Dore ubutatu butanu bw’amakipe akina muri za shampiyona eshanu zikomeye ku mugabane w’u Burayi buhagaze neza mu mwaka w’imikino 2022-2023.
1.Mbappé, Neymar na Messi
Ubu butatu bwatahira izamu Paris Saint Germain yo mu Bufaransa ni bwo buyoboye uru rutonde n’ibitego 47 muri uyu mwaka w’imikino.
Kylian Mbappé uri mu bihe bye byiza yatsinze ibitego 20, Neymar Junior atsinda 15 naho Lionel Messi uriki mu mpumeko y’igikombe cy’Isi akabagwa mu ntege n’ibitego 12 muri rusange.
2.Haaland, Foden na Alvarez
Aba bakinnyi batozwa na Pep Guardiola bamaze gushyira imipira 44 mu ncundura z’izamu. Bayobowe na Erling Haaland ufite ibitego 27, Phil Foden afite 9 ndetse na Julian Alvarez akagira 8.

3. Salah, Nunez na Firmino
Nubwo Liverpool itameze neza muri iyi minsi, gusa Jurgen Klopp ntibura ba rutahizamu beza. Bayobowe na Mohamed Salah n’ibitego 17, Darwin Nunez n’ibitego 10, na Roberto Firmino n’ibitego 9, ubwo bakaba baremye ibitego 36 bose hamwe.

4. Musiala, Mané na Choupo-Moting
Abasore ba Bayern Munich ntibakunze kwiburira iyo bigeze ku gutsinda ibitego. Ubu butatu bwa The Bavarians bwatsinze ibitego 34. Jamal Musiala afite ibitego 12, Sadio Mané akagira 11 anganya na mugenzi we ukomoka muri Cameroun, Eric Maxime Choupo-Moting.

5. Nkunku, Werner na Silva (33)
Abakinnyi ba RB Leipzig yo mu Budage ni bo basoje uru rutonde. Christopher Nkunku wamaze kwemera ko azerekeza muri Chelsea mu mpeshyi iza, ni we uyoboye bagenzi be n’ibitego 17, Timo Werner agataho n’9, hagasoza André Silva ufite ibitego 7, ubwo bose hamwe bakagira ibitego 33.




One Response
Ubusatirizi bw’inyabutatu butanu bugoranye mu mupira w’amaguru w’i Burayi
????????????dukunda inkuru zanyu