Ubushinjacyaha bwongeye gusabira Rusesabagina gufungwa burundu

Sangiza iyi nkuru

Mu rubanza ruri kubera mu rukiko rw’ubujurire, Ubushinjacyaha bw’ u Rwanda ku nshuro ya kabiri bwasabiye Paul Rusesabagina, umuyobozi w’impuzamashyaka ya MRCD-FLN, gufungwa burundu.

Ubushinjacyaha bwongeye gusaba iki gihano mu iburansiha ryo kuri uyu wa 24 Mutarama 2022.

Bwari bwarajuririye igihano cyahawe Rusesabagina wari wakatiwe gufungwa imyaka 25 muri Nzeri 2021. Iki gihe nabwo ubushinjacyaha bwari bwasabye ko afungwa burundu gusa ahabwa ikiri munsi yacyo, ingingo yatumye bujurira.

Icyo gihe bwavugaga ko busaba iki gihano gisumba ibindi mu Rwanda bushingiye ku bimenyetso birimo imvugo z’uregwa mu majwi n’amashusho ku mbuga nkoranyambaga zirimo YouTube ku bikorwa bya FLN.

Umushinjacyaha Jean Pierre Habarurema icyo gihe yagize ati : “Twashingiye kandi ku buhamya bw’abakorewe ibyaha, abaregwa hamwe na we n’ibimenyetso byakuwe muri telephone ze, muri computers ze, byavuye mu Bubiligi byabonetse ku bufatanye n’ubushinjacyaha bw’Ububiligi.”

Yavuze ko muri rusange basabira Paul Rusesabagina “gufungwa burundu nk’igihano kiruta ibindi mu Rwanda” kuko ubushinjacyaha bubona ahamwa n’ibyaha byose by’iterabwoba aregwa.

Kuri ubu, iburanisha rirakomeje mu gihe Rusesabagina usabirwa igihano atari mu rukiko rw’ubujurire kuko yanze kwitabira urubanza.

Yikuye mu rubanza ubwo rwaburanishwaga mu mizi avuga ko nta butabera yiteze guhabwa.

Ubwo ubushinjacyaha bwajuririraga igihano yahawe adahari, Rusesabagina nabwo ntiyitabye mu rubanza rwo mu bujurire. Umukobwa we, Carine Kanimba, yavuze ko Se atabonye umwanya wo kwitegura.

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma, Alain Mukurarinda, yavuze ko ibi atari byo.

Kuwa Mbere tariki ya 20 Nzeri 2021, Urugereko rwihariye rw’Urukiko rukuru ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’ibyambukiranya Imipaka, rwasomye imyanzuro y’urubanza ruregwamo Paul Rusesabagina na bagenzi be, ruvuga ko rumukatiye gufungwa imyaka 25.

Uyu mugabo w’imyaka 67, aregwa ibyaha icyenda birimo kurema umutwe w’ingabo utemewe, kuba mu mutwe w’iterabwoba, gutera inkunga iterabwoba, ubwicanyi nk’igikorwa cy’iterabwoba, itwarwa ry’umuntu ritemewe n’amategeko nk’igikorwa cy’iterabwoba, kwiba hakoreshejwe intwaro nk’igikorwa cy’iterabwoba ndetse no gutwikira undi ku bushake, inyubako, ibigenewe gutwara abantu cyangwa ibintu nk’igikorwa cy’iterabwoba.

Rusesabagina ntiyigeze yemera ibyo aregwa

Umucamanza yavuze ko Rusesabagina ahamwa n’ibyaha aregwa, uretse ko adahamwa n’icyaha cy’iremwa ry’umutwe w’ingabo bitemewe, bityo akaba akatirwa igihano cy’imyaka 25 ariko ntiyahabwa inyoroshyacyaha, kuko Rusesabagina ’atarakomeje kwitabira iburanisha kugira ngo urukiko rumenye niba akomeje kwemera ibyaha aregwa, rutajya munsi y’icyo gihano’.

Ubusanzwe Rusesabagina yari bukatirwe gufungwa burundu kuko ibyaha yakoze byavuyemo urupfu, ariko Urukiko rwafashe umwanzuro wo kumugabanyiriza ibihano kuko mu bugenzacyaha ndetse no mu kuburana mu mizi, yemeye ibyaha, abisabira imbabazi ndetse anatanga amakuru yagize akamaro mu kumenya imikorere y’ibikorwa by’iterabwoba byagabwe ku Rwanda. Urukiko rwavuze ko indi mpamvu yo kumworohereza ibihano ishingiye ku kuba ari ubwa mbere akurikiranywe n’inkiko.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *