Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruri i Kigali mu Rwanda rwaburanishije ubujurire bw’urubanza umunyamakuru Phocas Ndayizeye asaba gufungurwa by’agateganyo igihe urubanza rutaratangira kuburanishwa mu mizi. Ubushinjacyaha bumuregana n’itsinda ry’abantu 11 ku byaha by’iterabwoba birimo gucura umugambi wo guturitsa ibisasu hirya no hino mu gihugu. Benshi mu baregwa bahakana ibyaha.
Abunganira mu mategeko umunyamakuru Phocas Ndayizeye babwiye umucamanza ko zimwe mu mpamvu zabateye kujuririra icyemezo kimufunga by’agateganyo ari uko impungenge ubushinjacyaha bwari bumufiteho ko yasibanganya ibimenyetso aramutse arekuwe zitakiriho.
Ubushinjacyaha bwagize icyo buvuga kuri ubu bujurire buhereye ku munyamakuru Phocas Ndayizeye, bwavuze ko nubwo ari ihame ko uregwa yakurikiranwa yidegembya, bumukurikiranyeho ibyaha by’ubugome byo guhungabanya umutekano. Bwavuze ko umunyamakuru Ndayizera na bagenzi be bajya gufatwa nta ruhare babigizemo uretse inzego z’umutekano zabatahuye zikabata muri yombi.
Abaregwa bose batangiye gutabwa muri yombi mu mpera z’umwaka ushize wa 2018. Bakurikiranyweho ibyaha by’iterabwoba byo gushaka guturitsa ibisasu hirya no hino mu gihugu. Muri 12 baregwa, umunyamakuru Phocas Ndayizeye we yemera ibyaha. Bamwe muri bagenzi be bakavuga ko batanazi ibyo baregwa.
Basanga kumurekura akaburana ari hanze ntacyo byahungabanya ku mutekano wa rubanda kuko ibyangombwa bye byafatiriwe, ubundi urukiko rukamutegeka aho atagomba kurenga.
Bwavuze ko umugambi mubisha bari bafite wo kugirira nabi rubanda bari buwunyuze mu guturitsa ibisasu no gusenya ibikorwaremezo bawucuranaga n’umunyamakuru Cassien Ntamuhanga bakoresheje uburyo bw’ikoranabuhanga.
Ubushinjacyaha bukemeza ko Ntamuhanga yatorotse ubutabera ndetse akiyunga ku ihuriro RNC rirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda.
Umushinjacyaha akaba yashimangiye ko nta cyizere yagirira umunyamakuru Phocas Ndayizeye ko iyo mikorere atakongera kuyisubiramo, amusabira gukomeza gufungwa by’agateganyo kugeza igihe urubanza ruzatangira kuburanishwa mu mizi.
Biteganyijwe ko kuwa 22 Gashyantare nibwo umucamanza azatangaza niba abaregwa bakomeza gukurikiranwa bafunze cyangwa bagakurikiranwa bari hanze.
Umunyamakuru Phocas Ndayizeye yakoreyeho Ikinyamakuru Ingabo cyari icya minisitere y’ingabo. Yakoreyeho kandi radiyo y’igihugu. Mu bihe bitandukanye yakunze gukorera radiyo mpuzamahanga y’abongereza BBC mu buryo budahoraho nk’umunyamakuru wigenga.
Â


