Ubwicanyi bukorerwa Abanyamulenge bugereranywa na jenoside

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo mu bwoko bw’Abanyamulenge bagera kuri 40 biciwe mu gitero cy’abitwaje intwaro. Ubu bwoko burashinja leta kuba ntacyo biyibwiye, bakabona ko ubu bwicanyi ntaho butandukaniye na jenoside.

Abanyamulenge bavuga ko baterwa n’abantu bafite aho bahuriye n’imitwe y’iterabwoba, yatojwe gisirikare. Ngo baza bafite intwaro, bagatwika, bakica; abaturage bamwe bagahungira mu mashyamba ku bwo kurinda amagara yabo.

Ngo abenshi bicwa na Malariya cyangwa bakarumwa n’inzoka ziba muri aya mashyamba.

Nyuma y’ubu bwicanyi bumaze igihe bubakorerwa, batangiye gushinga imitwe y’ubwirinzi ariko ngo abayigize iyo bamenyekanye ni bo bahigwa cyane. Uyu mwanzuro wo kwirwanaho bawufashe ku wa 12 Kamena.

Alexis Byicaza, umuyobozi w’ishyaka rya Innovative Forces for Union of Congolese Democracy ubara aya makuru, avuga ko ubu bwicanyi bukorerwa Abanyamurenge ari jenoside igamije kubatsemba.

Bavuga ko bakunze guterwa n’aba Mai Mai ndetse n’abagize umutwe wa Red Tabura urwanya ubutegetsi bw’Uburundi.

Iyi mitwe ibiri ni yo ishinjwa igitero giherutse kugabwa i Minembwe muri ‘Mulenge’, abasaga 36 bakahasiga ubuzima.

Ubwoko bw’Abanyamulenge buba muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, mu ntara ya Kivu y’Amagepfo ku mupaka uhana imbi n’u Rwanda n’ u Burundi mu gace ka ‘Mulenge’ kari mu misozi ya Uvira. Bafite ururimi bavuga rwabitiriwe rujya gusa n’Ikirundi n’Ikinyarwanda. Bagira kandi umwami wabo bwite.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *