Uramutse ushaka kugira ubuzima bwiza kandi ukanoza inshingano z’abashakanye, ifunguro ryawe ntiryagakwiye kuburamo ibintu bikurikira , bityo ugategura ijoro ryuje urukundo kuko bituma mwese mugira ubushake bwo gutera akabariro.
1. Shokora
Ni kenshi igitsinagore gikunze kurya amashokora burya ntibiba ari iby’umurimbo kuko hari ababikora bazi impamvu yo kuba ubwayo yifitemo ibituma aryoherwa igihe bari mo gutera akabariro .Ikindi kandi kurya shokora bigabanya imihangayiko ya hato na hato yongera ibyitwa serotonin na dopamine bigira uruhare mu kuburizamo imihangayiko n’umunaniro ukabije ikindi kandi shokora ituma amaraso atembera neza mu mubiri ukumva ufite ibinezaneza .
2. Avoka
Ubusanzwe avoka ni imwe mu mbuto zifitemo intungamubiri ituma umutima ukora neza, bitewe na vitamin ya B6 n’ibindi bishamikiyeho bituma umuntu agira imbaraga bigafasha cyane cyane abari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina kudacika intege bya hato na hato. Ikindi kandi ifatiye igitsinagabo runini kuko igira intungantanga ikanafasha igitsinagore kutagira umwuma mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.
3. Wotameroni
Kubera uburyohe bwayo n’umutobe wiganjemo ibituma umuntu agira ububobere muri we nk’uko abashakashatsi bagiye babigaragaza, ngo bigira imimaro imwe n’imboga ariko yo ikagira umwihariko wo gutuma amaraso atembera neza bakaba bagira inama abashakanye kubanza kurya uru rubuto mbere yo gutera akabariro.
4. Pome
Ubu bwoko bw’uru rubuto narwo rutuma gutera akabariro bikorwa neza kuko atuma igitsina gore kigira ububobere mu gihe cy’ikorwa ry’imibonano mpuzabitsina uretse ko ifite n’ibindi bitandukanye bifitiye akamaro umubiri w’umuntu.
5.Umuneke
Bitewe n’isukari umuneke wifitemo, iyo uwuriye mu gihe witegura gukora imibonano mpuzabitsina bifasha igitsinagabo kugorora imikaya bityo igikorwa kikaza kugenda neza .
Src:Bigeye.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
MUREGO Anatty@Bwiza.com







