Uganda: 3 bari hagati y’urupfu n’umupfumu nyuma yo kugongwa n’imodoka ya Museveni

Sangiza iyi nkuru

Abantu batatu muri Uganda biravugwa ko bari kurwana n’ubuzima mu bitaro bya Mulago, nyuma yo kugongwa n’imwe mu modoka ziherekeza Perezida Yoweri Kaguta Museveni.

Iyi mpanuka yabereye ahazwi nka Northern Bypass mu mujyi wa Kampala.

Amakuru yayo yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi yo mu muhanda muri Kampala, SSP Rogers Nsereko Kawuma wavuze ko iriya modoka imwe mu modoka yagonze umumotari wari uhetse abagenzi babiri.

SSP Kawuma yavuze ko iriya mpanuka ikimara kuba batatu bagonzwe bahise bajyanwa ku bitaro ariko bakomeretse bikomeye.

Yunzemo ati: “Nta wapfuye, abagenzi baracyari bazima ariko bakomeretse cyane, ikindi Perezida ntiyari muri iyo modoka, yari ‘Convoy’ irimo ubusa.”

Amashusho yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga yerekana abana batatu bari kumuhanda batabariza abari bagonzwe batayegayegaga. Umwe mu bagore yumvikana avuga ko bariya bantu bagonzwe n”umusarane” ugendanwa wa Perezida Museveni.

Uyu mugore yumvikana agira ati: “Imodoka ya Museveni yagonze abantu Northern Bypass. Umushoferi w’umusarane ni we ubagonze. Izindi modoka zari zakikiye, umushoferi w’umusarane agonze aba bantu…”

Aya mashusho kandi agaragaramo abasirikare bo mu mutwe wa SFC ushinzwe kurinda Museveni bagenzura niba abagonzwe batapfuye.

Umuvugizi wa SFC, Maj Jimmy Omara, na we yemeje amakuru y’iriya mpanuka, abwira The Monitor ko itangazo rikubiyemo amakuru arambuye riri gutegurwa.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Uganda: 3 bari hagati y’urupfu n’umupfumu nyuma yo kugongwa n’imodoka ya Museveni
    Irikugurishwa amafarang angahe

  2. Uganda: 3 bari hagati y’urupfu n’umupfumu nyuma yo kugongwa n’imodoka ya Museveni
    Irikugurishwa amafarang angahe

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *