Abadepite babiri bo mu ishyaka rya NUP, rya Bobi Wine, ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwo muri Uganda, bagejejwe imbere y’urukiko bakurikiranweho kugira uruhare mu bwicanyi bumaze iminsi bwibasiye Akarere ka Masaka ndetse bahita boherezwa muri Gereza ya Kitalya.
Aba badepite, Muhammad Ssegirinya na Allan Ssewanyana, bagejejwe imbere y’urukiko rwa Masaka kuri uyu wa Kabiri nyuma ya saa sita aho bashinjwe ibyaha bitatu by’ubwicanyi n’icyaha kimwe cyo kugerageza ubwicanyi.
Nk’uko byatangajwe n’ubushinjacyaha buyobowe na Richard Birivumbuka, ngo aba badepite bateguye inama zabereye ahitwa Happy Boys, Kalenda na Kayanja Rest House muri Kampala, ari naho hateguriwe ubwicanyi bashinjwa.
Ubushinjacyaha kandi buvuga ko ku itariki ya 23 Kanam 2021, ubwo bari mu giturage cya Ssetala, abaregwa bombi bagize uruhare mu iyicwa ry’uwitwa Sulaimani Kakooza, Micheal Kiza Nswa na Tadeo Kiyimba, naho uwitwa Robert Ssebyato akaba yararokotse ubwicanyi.
Iyi nkuru dukesha Chimpreports iravuga ko aba badepite boherejwe muri Gereza ya Kitalya , aho bagomba kuba bafungiwe kuzageza ku itariki ya 15 Nzeri ubwo bazasubira mu rukiko.
Mu masaha y’igitondo kuwa mbere, aba badepite bari babanje guhamagazwa bahatwa ibibazo kuri Station ya polisi ya Masaka ku birego nk’ibyo, ariko nyuma yo kubazwa barekurwa by’agateganyo.


