Abadepite batatu b’ishyaka NUP (National Unity Platform) rya Bobi Wine n’abandi bahuzabikorwa baryo batandukanye bari bagiye kurinda amajwi y’umukandida w’iri shyaka ku mwanya w’ubuyobozi bw’Akarere ka Kayunga, Harriet Nakwende, batawe muri yombi.
Abo badepite ni Aloysius Mukasa (Uhagarariye Rubaga y’Amajyepfo), Charles Tebandeke (Uhagarariye Bbaale) na Lukyamuzi Kalwanga (Uhagarariye Busujju). Batawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu n’abashinzwe umutekano batamenyekanye ku biro by’itora bitandukanye muri ako karere.
Mu batawe muri yombi kuri uyu wa Gatatu kandi harimo umunyamakuru wa Daily Monitor dukesha iyi nkuru witwa Michael Kakumirizi wari ugiye kurara muri Kayunga ariko atabwa muri yombi akihagera.
Alex Kimuli, umwe mu bahuzabikorwa ba NUP muri Kayunga, avuga ko aho abadepite batawe muri yombi baherereye hatazwi.
Kimuli yabwiye umunyamakuru ati: “Ibi bigamije gutesha umurongo uruhande rwacu, NRM irashaka gukoresha ayo mahano kugira ngo haboneke umwanya wo kunyereza amajwi.”
Umuyobozi w’ishyaka rya NUP, Ben Moses Ojambo, avuga ko bataramenya neza umubare w’amajwi yabuze.
Nk’uko Ojambo abitangaza ngo bakiriye telefoni zitabaza zivuga itabwa muri yombi rinyuranyije n’amategeko ry’abahuzabikorwa b’ishyaka kuva nijoro.


