Uganda: Abadepite bakoresha abasirikare mu nyungu za politiki bihanangirijwe

Sangiza iyi nkuru

Umuvugizi w’igisirikare cya Uganda, Brig. Gen. Flavia Byekwaso kuri uyu wa 1 Nzeri 2020 yatanze itangazo ryihanangiriza abadepite bakomeje gukoresha abarinzi b’abasirikare bahawe, mu gukora ibyaha bishingiye kuri politiki.

Mu mwaka ushize ni bwo leta ya Uganda yahaye abadepite abarinzi b’abasirikare, bashinzwe gusa kubarindira umutekano. Gusa ngo muri iki gihe, mu bikorwa byo guhohoterana mu mitwe ya politiki.

Brig. Gen. Byekwaso yamenyesheje abadepite ko nta musirikare wemerewe gukora ibitandukanye n’inshingano yahawe, ngo aho bizongera kuba “umudepite azamburwa umusirikare umurinda”.

Yabibukije ko gushaka imyanya ya politiki bitakabaye bishorwamo abasirikare n’abapolisi. Ubu butumwa yabugeneye n’abandi bashaka imyanya ya politiki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *