Inteko ishinga amategeko ya Uganda yemeje ko mbere y’uko igihugu cyinjira mu bikorwa byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge, ingingo igena imyaka uwiyamamariza kuyobora igihugu agomba kuba atarengeje iba yamaze gukurwa mu gitabo cy’Itegekonshinga.
Mu gitondo cyo kuwa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2017, nibwo abadepite bo mu ruhande rw’ishyaka riri ku butegetsi NRM bemeje ko ingingo ya 102 (B), igenera uwiyamamariza kuyobora leta ya Uganda imyaka ntarengwa iba yamaze gukurwaho mu minsi itarenze 20 gusa.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ni mu gihe uganda iteganya kwisihiza umundi w’ubwigenge ku itariki ya 9 Ukwakira, aho byemejwe ko iki kibazo kigomba kuba cyamaze kuva mu nzira.
Ni umwanzuro wafashwe n’abadepite basaga 200, biganjemo abo mu ishyaka riri ku butegetsi, mu gihe abandi batavuga rumwe na leta bo bavuga ko aya yaba ari amayeri yo kugira ngo iriya ngingo itazabangamira Perezida museveni naramuka ashatse kongera kwiyamamariza kuyobora Uganda mu myaka iri imbere.
Ingingo ya 102 mu Itegekonshinga rya Uganda igena ko uwiyamamariza kuyobora kiriya gihugu agomba kuba atarengeje imyaka 75 y’amavuko, mu gihe Perezida museveni wasabye ko iyi ngingo yahinduka ageze mu myaka 73 bityo hakaba hari gukekwa ko yazngera akiyamamaza mu gihe iriya ngingo ikuwemo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Perezida Museveni, ni umwe mu baperezida barambye ku butegetsi, akaba yaratangiye kuyobora Uganda guhera mu 1986 na nubu ndetse akaba agishaka no gukomeza mu gihe koko iriya ngingo igonga imyaka ye izaba yamaze gukurwa mu Itegekonshinga.
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


