Ku wa Kane tariki ya 21 Nzeri 2017, umwe mu banyeshuri muri Uganda yishwe arashwe mu gihe bari mu myigaragambyo yamagana impinduka mu Itegekonshinga.
Ni mu gihe Abadepite batavuga rumwe na Leta babyukiye mu myigaragambyo bambaye udutambaro mu gahanga mu rwego rwo kugaragaza ko badashyigikiye ikurwaho ry’ingingo ya 102 igena imyaka ntarengwa y’ugomba kwiyamamariza kuyobora Uganda.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Uyu mwana w’umunyeshuri mu mashuri yisumbuye, Denis Emojong yarashwe ubwo bari mu bikorwa by’imyigaragambyo yamagana ikurwaho ry’igiya ngingo mu Itegekonshinga, ahasiga ubuzima.

Uretse uyu mwana waguye muri iyi myigaragambyo, abandi bantu batandukanye biganjemo abo mu ishyaka ritavuga rumwe na Leta barimo umuyobozi w’umujyi wa Kampala, Lukwago, Umukozi mu ishyaka FDC, Ingrid Turinawe, n’abandi batandukanye batawe muri yombi.

Ni mu gihe kandi ku rundi ruhande, abanyeshuri mu bice bitandukanye na bo bari babyukiye mu myigaragambyo, barimo abo mu mashuri yisumbuye na kaminuza.
Mu minsi mike ishize, ni bwo abagize Inteko ishinga amategeko ya Uganda bateranye bemeza ko ingingo igena imyaka yakurwaho, ibi bikaba byaratowe ku bwiganze bw’abadepite bari mu ishyaka NRM bashyigikiye perezida Museveni, dore ko ari na bo benshi mu Nteko.
Ibi ni na byo byatumye abadepite batavuga rumwe n’ishyaka riri ku butegetsi bazindukira mu myigaragambyo.
Abatavuga rumwe na Museveni bo bagaragaza ko aya ari amayeri yo kugira ngo bacire inzira Perezida Museveni wenda kurangiza manda ye ya nyuma ngo abe yazabasha kongera kwiyamamza mu gihe iyi ngingo izaba yamaze gukurwa mu Itegekonshinga.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Kanda hano ubone amakuru yihuse kandi ku gihe kuri Facebook no kuri twitter




