process-5.jpg

Uganda: Abantu 11 mu baherutse gufatirwa mu kirori cyo guhuza ibitsina (Sex Party) bakatiwe

Sangiza iyi nkuru

Abantu 11 muri makumyabiri na babiri batawe muri yombi kuwa Gatandatu n’Igipolisi cya Uganda bafatiwe mu kirori cyo guhuza ibitsina (Sex Party) baburanishijwe ndetse bakatirwa ibihano.

Bakurikiranyweho kandi bahamwe n’ibyaha bitandatu birimo kutumvira amategeko, igikorwa cy’uburangare gishobora gukwirakwiza icyorezo, ibikorwa by’urukozasoni, uburaya, no guteza imbere icuruzwa ry’abantu.

Ibyo byaha byatumye bahabwa igihano cy’igifungo kinini cy’imyaka itatu n’irindwi nk’uko tubikesha The New Vision.

Abakatiwe barimo, Suzan Akwir w’imyaka 25, Phiona Nalubega w’imyaka 27, Prossy Nabukenya uzwi ku izina rya Nakimera w’imyaka 20, Esther Apio w’imyaka 26, Christine Nsereko w’imyaka 21, Edith Nakimbugwe w’imyaka 22 na Mariam Nakalembe w’imyaka 20.

Abandi ni Ali Mugisha w’imyaka 26, Sabra Achen w’imyaka 23, Shakira Nanteza w’imyaka 28 na Irene Namatovu w’imyaka 28, benshi basanzwe bakora akazi k’uburaya.

Umucamanza, Joan Aciro, wo mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kira yahamije iryo tsinda ibyaha nyuma yo kwiyemerera ibyaha ubwabo.

Icyakora, nyiri Guest House ya Kireka, Sharon Amutusimire, w’imyaka 26, aho ibyo byaha byakorewe, yahakanye ibyo aregwa kimwe n’umumotari Yesiga Mugenyi w’imyaka 20.

process-5.jpg

Amutusimire akurikiranweho ibyaha bitandukanye byo gucumbikira indaya no guteza imbere icuruzwa ry’abantu.

Umucamanza Aciro ati: “Uru rukiko rero rurabacira urubanza ku kwemera kwanyu. Ariko Amutusimire na Mugenyi bahakanye icyaha.”

Ubushinjacyaha ariko buvuga ko Amutusimire n’abandi batarafatwa, kuva mu 2019 bari basanzwe bafite ibyumba muri Tower Guest House byagenewe ibikorwa by’ubusambanyi.

Uyu kandi anashinjwa kuba yarakoresheje iyi guest house agashora mu busambanyi umwana w’umukobwa w’imyaka 16 imyirondoro ye yagizwe ibanga agamije indonke.

Uru rubanza kuri aba bahakanye ibyaha rukaba rwimuriwe ku yindi tariki.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *