Polisi mu Karere ka Ntungamo iri gukora iperereza ku rupfu rw’abantu bane bo mu muryango umwe bahiriye mu nzu bikaba bivugwa ko inkongi yabahitanye yatewe n’umuntu.
Abantu bahitanwe n’iyi nkongi ni Akampurira Obed w’imyaka 28, akaba se w’abana Ainamatsiko Innocent w’imyaka 10, Natwijuka Peterson w’imyaka 9 na Ainembabazi Patricia w’imyaka 7.
Nyina w’abana witwa Birungi niwe wenyine warokotse muri uyu muryango akaba arimo kuvurirwa mu Bitaro bya Ntungamo.
Ibi byabereye kuri uyu wa Mbere mu Kagari ka Nyaburiza, muri Nyarutuntu, ubwo umuntu utaramenyekana yakongezaga iyi nzu umugabo n’abana be batatu bakayipfiramo nk’uko iyi nkuru dukesha Commandonepost ivuga.
Nk’uko byatangajwe na Samson Kasasira, umuvugizi wa polisi mu karere ka Rwizi, byamenyekanye ko abantu bataramenyekana bafungiranye mu nzu uyu muryango barangiza bagakongeza inzu bakoresheje lisansi.
Imirambo y’abapfuye yasanzwe mu nzu bahiye ku buryo utabamenya nk’uko iyi nkuru isoza ivuga.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


