Polisi ya Uganda yari yataye muri yombi itsinda ry’abanyamakuru ba BBC, mu murwa mukuru Kampala, kuri ubu bitangazwa ko barekuwe mu masaha ya Saa yine zo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 8 Gashyantare 2019.
Aba banyamakuru barimo bakora iperereza ku icuruzwa ry’imiti ya Leta mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Batawe muri yombi mu ijoro ryo ku wa Gatatu tariki ya 6 Gashyantare 2019.
Ibiro ntaramakuru Reuters bisubiramo amagambo ya Ofwono Opondo, umuvugizi wa Leta ya Uganda, yavugaga ko yasabye ko iri tsinda ry’aba banyamakuru barekurwa.
Mu itangazo ubuyobozi bwa BBC bwari bwasohoye, bwavugaga ko bwamaze kuvugana n’abategetsi bireba kandi ko buri gushaka uko iki kibazo gicyemuka. Bwana Opondo yari yabwiye Reuters ati: “Sindiyumvisha impamvu yatumye polisi ita muri yombi aba banyamakuru, ku bwanjye bari bari gufasha Leta gutahura imungu iri muri Leta”.
Abanyamakuru ba BBC bari bafashwe ni Godfrey Badebye, Rashid Kaweesa na Kassim Muhammad, umushoferi wabo ngo akaba yari yatawe muri yombi ku wa Kabiri hamwe n’uwitwa Vivian Nakaliika, umugore w’umunyamakuru Solomon Sserwanja wa NBS Tv.
Ikinyamakuru Dailymonitor gitangaza ko bafunguwe ahagana saa yine, basabwa kuzongera kwitaba ubushinjacyaha ku wa 18 Gashyantare 2019.


