Uganda: Abapolisi 2 n’umusivili bishwe abandi benshi barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Abapolisi 2 bo mu giporisi cya Uganda n’umusivili umwe bishwe barashwe n’abitwaje intwaro bikekwa ko ari ibisambo byari biteye uruganda rukora imikati hakabaho kurasana.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 16 Nzeri 2017, ubwo abantu bitwaje intwaro barasanaga na polisi ya Uganda amasasu akica 3 akanakomeretsa abandi batatangajwe umubare.
Daily monitor dukesha iyi nkuru ivuga ko uru ruganda rukora imikati rwa Denovo bread company ruherereye mu karere ka Kalerwe rwagabweho igitero n’abitwaje intwaro ubwo abakozi ba rwo bari batashye nab o bakaraswa uwari utwaye akahasiga ubuzima abandi bapolisi 2 na bo bakagwa mu mirwano n’abo bantu.
Umuvugizi wa polisi yo muri ako gace, Mr Emilian Kayima yavuze ko aba bapfuye barimo SPC Mubiru, SPC Moses Karungi ndetse na shoferi wari utwaye imodoka y’abakozi b’uruganda, Kasirye Ssengonzi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ubu bwicanyi bwabaye nyuma y’uko ibindi biro bya polisi biherereye mu karere ka Makindye na byo byari bimaze kwibasirwa n’abitwaje intwaro, umupolisi wari ku burinzi bakamusiga ari intere ndetse bakanamutwara imbunda.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *