Mu mpera z’icyumweru gishize, abarwanyi bagera kuri 40 bo mu mutwe wa M23 bashyikirijwe urukiko rwa Kabale muri Uganda, aba barwanyi bakaba bazira kuvogera no kwinjirana intwaro ku butaka bwa Uganda bavuye mu mashyamba ya Kongo.
Umuyobozi w’uru rukiko Moses Kagoda Ntende yatangaje ko aba barwanyi batawe muri yombi ku butaka bwa Uganda binjiriye ku mupaka uherereye mu gace ka Busanza gahuza Uganda na Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Aba barwanyi bafashwe mu gihe igisirikare cya Uganda cyari gherutse gutanga itangazo kivuga ko kidashaka akajagari gakomeje kuzanwa n’aba barwanyi bahungira ku butaka bwa bo nyuma bakongera bagacika, aho cuavugaga ko ubutaka bwa Uganda bwabaye nk’akarima ko kugambaniraho.
Iri tangazo ryatanzwe nyuma y’uko bamwe mu barwanyi ba M23 bakubiswe inshuro n’igisirikare cya Kongo bagahungira muri Uganda, ariko nyuma bakaza gutoroka bagasubira mu mashyamba kongera kurwana.
Chimpreports dukesha iyi nkuru kivuga ko umushinjacyaha mukuru, Batson Baguma yabwiye urukiko ko ku itariki ya 22 Gashyantare 2017, abasirikare barimo Capt. John Rutamu, Capt. Eric Izah hamwe n’abandi bagenzi babo bo muri M23 bagera kuri 38 batawe muri yombi ku butaka bwa Uganda mu gace ka Busanza bafite n’intwaro.
Leta ya Uganda ishinja aba barwanyi kuyivogera no kuyihesha isura mbi ko icumbikira abagizi ba nabi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Igisirikare cya Uganda cyategetse ko aba barwanyi bagomba kuburanira mu rukiko rw’abasivile kuko atari abagande, bakaba bagenda bitaba urukiko kugeza ku itariki ya 5 Mata.
Aba barwanyi baje biyongera ku bandi 9 bari baherutse gukatirwa n’urukiko rwa Uganda igifungo cy’imyaka 2.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


