Abayobozi muri guverinoma ya Uganda ndetse na ba rushimusi kuri murandasi bazwi nka Hackers ngo kuva muri Nyakanga 2015 bagerageje inshuro 4 kwiba akayabo ka miliyoni 24 z’Amadolari (Miliyari 81 Ush) bayakuye muri Banki Nkuru ya Uganda.
Amwe muri aya mafaranga yari yabashije koherezwa muri za banki zo muri Hong Kong no mu Bihugu Byunze Ubumwe by’Abarabu yabashije kugaruzwa ku bufatanye bwa za banki, aho ayaheruka angana na miliyoni 8 yagaruwe kuwa 26 Gashyantare 2016.
Konti za banki ngo zibasiwe n’iza minisiteri zigira ingengo y’imari nini nka minisiteri y’ingabo, iy’ingufu, iy’ubuhinzi ndetse na konti y’ikigo cy’igihugu gishizwe imihanda (UNRA).
Ushinzwe itumanaho muri Banki Nkuru ya Uganda, Christine Alupo, yanze kugira byinshi atangaza kuri iki kibazo avuga ko kikiri mu iperereza bazagira icyo bavuga ko ari uko ryarangiye.

Ku nshuro ya mbere hageragezwa kwiba aya mafaranga ngo byabaye muri Nyakanga 2015 hagiye kwibwa miliyoni 12 $ icya rimwe uyu mugambi uravumburwa abari bawuteguye basa nk’abatuje bongera kuwubura mu Ukuboza 2015 bashaka kwiba miliyoni 2 $ angana na miliyari 6.7 za Uganda.
Nyuma y’ukwezi kumwe nk’uko iyi nkuru dukesha The East African ikomeza ivuga, hari muri Mutarama 2016 bongera kugerageza kwiba miliyari 8 za Uganda ariko bimenyekana ku gihe.
Nubwo minisiteri y’imari yari yamenyesheje igipolisi iki kibazo mu mezi 10 ashize, abashinzwe iperereza bacyo ntabwo bahise bakurikirana ikibazo, bituma igisirikare cyabwirwaga ko ingengo y’imari yacyo ishobora kwibwa, gifata icyemezo cyo kugikurikirana gita muri yombi abantu 3 kuri ubu bafunze.
Umuvugizi w’igipolisi, Fred Enanga yabajijwe impamvu igisirikare cyifatiye iki kibazo kandi polisi ari yo yabimenyeshejwe mbere, yanga kugira icyo abitangazaho nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga.
Minisitiri w’imari wa Uganda, Jim Mugunga nawe yirinze kugira byinshi atangaza kuri iki kibazo, avuga ko ari iperereza rikomeje kandi bizeye ko inzego z’umutekano ziri kubikurikirana zizakora akazi kazo neza.
Abayobozi muri guverinoma twavuze nabo bakekwa muri ubu bujura, biravugwa ko ari bo bagendaga batanga imibare y’ibanga (passwords) aba ba rushimusi baba mu bihugu byo hanze bagiye bifashisha mu kwimurira amafaranga ku zindi konti.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


