Amama Mbabazi wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Uganda akaba aherutse no gutsindwa mu matora y’umukuru w’igihugu aheruka, yambuwe imodoka yari yaragenewe na leta.
Iyi modoka yo mu bwoko bwa Pajero yirabura ngo ikaba yarafatiwe i Kampala kuri uyu wa Gatatu ijyanwa ku rubuga rwitiriwe ubwigenge ruri ahitwa Kololo. Mbabazi nk’uwahoze ari minisitiri w’Intebe, akaba hari ibindi bintu yagenerwaga na leta bitari imodoka gusa.
Nubwo bimeze gutyo nk’uko amakuru agera kuri Chimpreports dukesha iyi nkuru akomeza avuga, ngo iyi modoka kuri uyu wa Gatatu yayamburiwe hafi ya Kampala Serena Hotel nka saa cyenda n’igice.
Umushoferi wari utwaye iyi modoka yagerageje gutakamba ariko ngo abayifashe bica amatwi, bamubwira ko biri mu bikorwa biri gukorwa ku modoka za guverinoma.
Uwahaye amakuru iki kinyamakuru avuga ko bagerageje kubaza bagasanga abandi bahoze ari ba Minisitiri w’Intebe nabo bahawe izi modoka kandi bose bakaba bakizifite bakaba batazi impamvu Amama Mbabazi we yayambuwe.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com



