Uganda: Ari mu mazi abira azira amafoto y’ubwambure bwa Lillian Rukundo, umukobwa wa Gen. Muhwezi

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cya Uganda muri Kampala cyataye muri yombi umusore w’imyaka 30 n’umwunganizi we mu mategeko ku birego by’uko bashyize ku karubanda amafoto y’ubwambure bw’umukobwa wa Gen Muhwezi Mugyenyi witwa Lillian Rukundo, umunyeshuri mu mwaka wa 3 mu ishami ry’itangazamakuru n’itumanaho muri UCU University ahitwa Mukono.

Umusore watawe muri yombi yitwa Ash-berg Katto utuye Ntinda mu nkengero za Kampala ndetse n’umunyamategeko we, Muwada Nkunyingi bafatiwe rimwe.

Lillian Rukundo, wiga muri Uganda Christian University, kuri uyu wa Kabiri ushize yahaswe ibibazo n’abagenzacyaha ba polisi I Kampala bamuha ibibazo ku mafoto ye yashyize ku mbuga nkoranyambaga za facebook na whatsApp yambaye uko yavutse.

Nk’uko bitangazwa n’umuvugizi wa polisi muri Kampala, Luke Owoyesigire, ngo Rukundo mu kubazwa yahakanye ko ari we wakwirakwije ayo mafoto.

Uyu yagize ati: “ Yemeye ko yafashe amafoto ariko icyo yari agamije si ukuyasangiza ku mbunga nkoranyambaga. Yavuze ko yayoherereje umusore w’inshuti ye (boyfriend) uba muri USA, akaba atazi uko yaje kugezwa k’uwitwa Ashburg Katto, wayakwirakwije ku rukuta rwe rwa facebook .”

Yakomeje avuga ko Rukundo yatangarije polisi ko uwo musore w’inshuti ye ari we ushobora kuba yarakwirakwije ayo mafoto kubera ko umubano wabo utifashe neza muri iki gihe.

Amakuru yizewe agera kuri Spyreports aravuga ko Rukundo ari umukobwa wa Maj. Gen. Muhwezi Mugyenyi bivugwa ko ari we komanda w’ibigo bya gisirikare bya Luwero na Nakasongola.

PIX.v1
Lillian Rukundo

Umuvugizi w’igipolisi yavuze ko Katto yatawe muri yombi ashinjwa gukwirakwiza amafoto y’urukozasoni, ariko mu kumuhata ibibazo nawe akavuga ko yayakuye kuri imwe muri groups za WhatApp abarizwamo nawe akayashyira ku rukuta rwe rwa facebook.

Yongeyeho ko ubwo abashinzwe iperereza basabaga Katto kubaha telephone yakoresheje ashyira ayo mafoto ku karubanda yavuze ko ifitwe n’umwunganizi we mu mategeko yahise ahamagara kuri polisi.

Ubwo uyu witwa Nkunyingi yageraga kuri polisi yasabwe gutanga telephone ya Katto ngo bayifashishe mu iperereza undi yanga kuyitanga bimuviramo gutabwa muri yombi nawe.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *