Uganda: Bobi Wine mu badepite batawe muri yombi na polisi bazira kurwanira mu nteko

Sangiza iyi nkuru

Benshi mu bagize inteko ishinga amategeko ya Uganda barimo umuhanzi Bobi Wine, kuri uyu wa gatatu, itariki 27 Nzeri batawe muri yombi n’igipolisi kibasanze mu nteko kibajyana ahantu hataramenyekana. Usibye Bobi Wine abandi batawe muri yombi bahise bamenyekana ni Allan Ssewanyana na Odonga Otto.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
ggg

Kugeza na n’ubu ku nteko ishinga Amategeko ya Uganda hararinzwe bikomeye nyuma y’imirwano yadutse kuri uyu wa kabiri mu nteko nyuma y’aho umukuru wayo Rebecca Kadaga yirukaniye bamwe mu badepite abashinja imyitwarire mibi. Abenshi mu badepite bakozwemo ni abo mu ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi.

op
Abambaye udutambaro dutukura ni abadepite badakozwa guhindura itegeko nshinga bahanganye na bagenzi babo

Odnga
Intebe zitabajwe mu mirwano

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Abadepite barimo Robert Kyagulanyi uzwi nka Bobi Wine ndetse na Mohammed Nsereko ni bamwe mu barwaniye mu nteko nk’uko iyi nkuru dukesha Chimpreports ikomeza ivuga. Abandi banahagaritswe na Kadaga barimo Vincent Niwagaba, Nandala Mafabi, Mubarak Munyagwa, Barnabus Tinkasiimire, Medard Sseggona na Joseph Sewungu.
ko
ghu

Ubwo umukuru w’inteko ishinga amategeko yatangazaga ko aba bahagaritswe abadepite bongeye gufatana mu mashati intebe zo mu nteko barazivunagura, baterana inkweto ari ko abadepite banaterana ibipfunsi n’abashinzwe umutekano bari batabaye bituma benshi batabwa muri yombi.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *