Uganda: Bus yakoze impanuko ikomeye bane barapfa, 30 barakomereka

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru tariki ya 3 Gashyantare 2019, abantu bane bapfiriye mu mpanuka y’imodoka mu i Namayonjo, mu gace ka Nakasongola, muri Uganda.

Bitangazwa ko abantu bane bahise bapfira aho iyi mpanuka yabereye mu gihe abandi 30 bakomeretse bajyanwe ku mavuriro atandukanye arimo n’irya gisirikare.

Umuvugizi wa Polisi, Mr Fred Enanga, abicishije ku rukuta rwe rwa Twitter, avuga ko iyi mpanuka yabayeho bitewe na bus yo muri Kompanyi ya ‘Link Bus Company’ yari ifite umuvuduko mwinshi, iva i Kampala-Gulu.

Avuga ko ari bantu 30 bakomerekeye muri iyi mpanuka bane bahasiga ubuzima.Ati “Byemejwe ko abantu bane bahise bapfira aho impanuka yabereye y’imodoka ifite ibirango UBA 332B. Yari igeze i Masindi iturutse i Kampala, ipine itoboka igeze Namayonjo saa tatu (09 :30) n’igice ihita ibura kontolori iribirindura. Abantu 30 bakomeretse bajyanwe kuvurirwa mu bitaro bya gisirikare Nakasongola.

Abaturage baganiriye na Dailymonitor dukesha iyi nkuru batangaza ko umurambo wa shoferi wabonetse bigoranye aho wari uri mu byuma by’iyi modoka byashwanyaguritse.

AC2
Umurambo wa shoferi yabonetse bigoranye

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *