Uganda: Guverinoma iratangaza ko itazishyura miliyari 10$ yishyuzwa na Congo

Sangiza iyi nkuru

Hashize imyaka igera muri 20 Urukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera rusaba Uganda kwishyura miliyari 10 z’Amadolari yishyuzwa na Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo kubera kuyisahurira umutungo no gukora ibyaha byibasiye inyokomuntu yakoreye mu burasirazuba bwa Congo mu mpera z’imyaka ya za 90. Amafaranga Uganda ivuga ko itazishyura nk’uko byemejwe n’intumwa nkuru ya leta yungirije, Rukutana.

Mu 1999 nibwo uwari perezida wa Congo, Laurent Desire Kabila, yagejeje Uganda mu Rukiko Mpuzamahanga rw’Ubutabera (ICJ) rufite icyicaro I La Haye mu Buholandi.

Nubwo bimeze gutyo, kuri uyu wa kabiri ushize, intumwa nkuru ya leta yungirije, Mwesigwa Rukutana, yabwiye abagize inteko ishinga amategeko bagize komite ishinzwe amategeko n’ibibazo by’abadepite, ko Uganda idashobora kwishyura izo miliyari 10 z’Amadolari yishyuzwa.

Rukutana yagize ati: “ Iki kibazo kiracyagibwaho impaka kandi mu by’ukuri bisa nkaho hari amahirwe macye y’uko dushobora kwishyura ayo mafaranga angina gutyo Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo .”

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Rukutana yari umwe mu bagize itsinda ry’abatekinisiye ba guverinoma n’abakozi bakuru muri minisiteri y’ubutabera bari bayobowe na minisitiri w’ubutabera, Kahinda Otafiire ubwo babonanaga n’abagize inteko ishinga amategeko bagiye kuganira ku ngengo y’imari iyi minisiteri izakoresha mu mwaka utaha.

Rukutana rero yasubizaga ikibazo cya depite Sam Bitangaro n’umushinjacyaha mukuru, Wilfred Niwagaba ku kuntu guverinoma yiteguye gukemura iki kibazo ifitanye na Congo.

Mu 2014, uwari intumwa nkuru ya leta, Peter Nyombi, yayoboye itsinda ry’abatekinisiye ba guverinoma muri Afurika y’Epfo, aho bahuriye n’abayobozi ba Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo bavugana kuri iyi fagitiri bishyuzwa.

Igihugu cya Uganda ni kimwe mu byafashije Kabila kugera ku butegetsi nyuma yo gukura Mobutu Sese Seko ku butegetsi mu 1997 nk’uko iyi nkuru dukesha The New Vision ivuga.

Nubwo bimeze gutyo, ntihaciye kabiri umubano wa Congo na Uganda uzamo igitotsi ndetse Laurent Kabila arega Uganda mu rukiko maze mu 2005 uru rukiko rwemeza ko Uganda ikwiye kwishyura Congo miliyari 10 z’Amadolari.

Uganda ariko yo yatanze ibisobanuro ivuga ko ingabo zayo zari zoherejwe muri Congo kurinda ubusugire n’umutekano wayo.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *