Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Uganda yemeje ko igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda, mu rwego rwo kurwanya indwara z’inka, gukumira ubucuruzi butemewe n’amategeko n’ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.

Komiseri w’Akarere ka Kabale, Godfrey Nyakahuma yabwiye The Observer ko byagaragaye ko hari inka zikurwa mu Rwanda zikinjizwa muri Uganda; ibi ngo bikaba byongera ibyago by’uburwayi bw’aya matungo cyane ko zitaba zasuzumwe.

Henry Kisembo, umwe mu bayobozi ba Polisi muri Kigezi, yasobanuye ko Abanyarwanda bakorana n’abacuruzi b’inka bo muri Kabale n’abaganga b’amatungo, izi nka zikagurishwa, zikabagwa, zikoherezwa no mu tundi turere.

Ni mu gihe Reuben Mutabazi ushinzwe umutekano muri Kabale we avuga ko kwinjira mu buryo butemewe kw’Abanyarwanda kwatumye icyorezo cya Covid-19 mu duce twa Uganda twegereye imipaka cyiyongera.

Indi mpamvu igiye gutuma umutekano ku mbibi ukazwa ngo ni ubucuruzi butemewe bw’inzoga ya Kanyanga bukorwa hagati y’abanya-Uganda n’Abanyarwanda.

Icyo Uganda igiye gukora ni ukujya yohereza abasirikare n’abapolisi kuri izi mbibi buri munsi.

Soma Izindi Nkuru

14 Responses

  1. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Ariko twaragowe koko buriya basanga baturusha ubwirinzi koko kuburyo aritwe tubanduza covid 19

  2. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Ariko twaragowe koko buriya basanga baturusha ubwirinzi koko kuburyo aritwe tubanduza covid 19

  3. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Ariko twaragowe koko buriya basanga baturusha ubwirinzi koko kuburyo aritwe tubanduza covid 19

  4. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Ariko twaragowe koko buriya basanga baturusha ubwirinzi koko kuburyo aritwe tubanduza covid 19

  5. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Ariko twaragowe koko buriya basanga baturusha ubwirinzi koko kuburyo aritwe tubanduza covid 19

  6. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Ariko twaragowe koko buriya basanga baturusha ubwirinzi koko kuburyo aritwe tubanduza covid 19

  7. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Pretty girl with baby face who has nomarl size
    And with 19 to 21 year old
    Who has white face
    And with brownish hair

  8. Uganda igiye gukaza umutekano ku mbibi zayo n’u Rwanda
    Pretty girl with baby face who has nomarl size
    And with 19 to 21 year old
    Who has white face
    And with brownish hair

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *