Guverinoma ya Uganda yatangaje ko igiye gusubukura imirimo yo kubaka umupaka uhuriweho wa Gatuna ari nawo mukuru uhuza iki gihugu n’u Rwanda nyuma y’aho imaze kubona miliyoni 1,9 y’amadolari ya Amerika muri miliyoni 4 zikenewe ngo uyu mushinga uzarangire.
Umunyamabanga wa leta ushinzwe igenamigambi, David Bahati, yemeje aya makuru avuga ko guverinoma izatera inkunga uyu mushinga wose nyuma y’aho Banki y’Isi iwuvuyemo mu 2014 bivugwa ko habayeho kurenga ku masezerano bigatuma imirimo ihagarara.
Bwana Bahati yagize ati: “ Ni icyifuzo cyacu ko iyubakwa ry’iyi One Stop Border post (umupaka uhuriweho) rirangira vuba bishoboka kugirango abacuruzi babashe kubona serivisi bakeneye. Hakenewe kubikurikiranira hafi ngo twizere ko hari agaciro kuri uyu mushinga w’amamiliyari. ”
Iyi nkuru dukesha urubuga constructionreviewonline.com iravuga ko uyu mupaka witezweho kwihutisha ibicuruzwa no kugenzura abinjira n’abasohoka kandi ukazatanga akazi ku baturage. Byitezwe kandi ko iyi mirimo yo kubaka uyu mupaka izarangira mu Ukuboza.
Bwana David Bahati akomeza avuga ko guverinoma ya Uganda ibinyujije muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga na minisiteri y’ubucuruzi yitegura guhura na guverinoma y’u Rwanda bakanoza ibijyanye n’ubucuruzi bwambukiranya umupaka ndetse bakaganira ku mutekano w’abakora ubu bucuruzi nyuma y’aho hari abacuruzi bo muri Uganda ngo baherutse gutaka gutoterezwa mu Rwanda.


