Uganda irateganya kwishyura Ishyirahamwe ry’Umupira w’amaguru muri Afurika, miliyari 112.407 z’Amashilingi mbere ya Gashyantare 2025 kugirango izabashe kwakira imikino y’Igikombe cya Afurika muri 2027 nk’uko byatangajwe n’umwe mu bayobozi muri guverinoma.
Ku itariki ya 27 Nzeri 2023, CAF yemereye ibihugu bya Uganda, Kenya na Tanzania uburenganzira bwo kuzakira mu 2027 Igikombe cya Afurika cy’Ibihugu (AFCON)ku nshuro ya 36.
Iki cyemezo cyakiriwe neza mu Bagande no mu banyafurika y’iburasirazuba muri rusange kuko izaba ari inshuro ya mbere aka karere kakiriye imikino yo kuri uru rwego kuva yatangira mu 1957.
Umunyamabanga wa leta ushinzwe siporo, Peter Ogwang, kuri uyu wa Kabiri yabwiye Inteko ishinga amategeko ko “buri gihugu gisabwa kwishyura CAF miliyoni 30$”.
Yijeje abadepite kandi ko guverinoma yiyemeje gutuma imikino iba kandi ikagenda neza binyuze mu guteza imbere ibikorwaremezo bya siporo.


