Uganda: Min. uherutse kurusimbuka afungishijwe ijisho ku itegeko rya Museveni

Sangiza iyi nkuru

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ikoranabuhanga muri Uganda, Idah Nantaba Erios uherutse kurokoka ubwicanyi yemeza ko kuva kuwa Gatanu w’iki cyumweru afungishijwe ijisho iwe mu rugo.

Ibaruwa uyu mugore yandikiye abashinzwe iperereza ku byaha by’ubwicanyi muri Polisi ya Uganda (CID), Nantaba yavuze ko atagera Kibuli aho ikorera bitewe n’amabwiriza ya Perezida Museveni.

Yagize ati “ Simbashije ubwanjye kugera aho ngaho kuko amabwiriza ya Nyakubahwa Museveni ansaba kuguma mu rugo kugeza igihe ubwe anyibwiriye icyo gukora.”

Yongeraho “ Sinemerewe kuza Kibuli nk’uko mwabisabye ariko mushobora kugera iwanjye.”

Min. Nantaba  yararusimbutse mu cyumweru gishize, umwe mu bari bamukurikiye kuri moto, Ronald Ssebulime yarashwe na Polisi arahagwa. Uyu mugore yemezaga ashimitse ko uyu mumotari yashakaga kumwivugana.

[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]

Nyuma byaje kumenyekana ko uwarashe yarenganyijwe ndetse na Nantaba anenga bikomeye polisi ya Uganda kuba yarihutiye kurasa Ssebulime aho kumufata ari muzima (rwa mikono) kugira ngo bumve ikimuvamo.

Abarashe Ssebulime kuri ubu bari mu maboko y’ubutabera bashinjwa kwica no gutanga amakuru mahimbano kuri aba afande babakuriye.

src: Chimpreports

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *